Byagarutsweho mu kiganiro Ihuriro AFC/M23 n’abanyamakuru cyabaye ku wa Gatatu, ku tariki 22 Mata 2026, mu Mujyi wa Goma kiyobowe na Benjamin Mbonimpa, usanzwe ari Umunyamabanga wa AFC/M23. Iri huriro ryagarutse ku byo ryemeranyijwe na Leta ya Kinshasa mu biganiro by’amahoro i Montreux mu Busuwisi muri uku kwezi kwa Kane. Harimo ingingo eshatu bemeranyijweho, arizo guhererekanya ifungwa, agahenge, ndetse no korohereza ibikorwa by’ubutabazi.
Impande zombi zemeranyijwe guhererekanya (…)
Minisitiri w’Intebe wa Qatar yaburiye ko kutubahiriza amasezerano yo guhagarika imirwano ya Gaza buri munsi bibangamira amasezerano yose, kuko yasabye ko habaho intambwe yihutirwa mu cyiciro gikurikira cy’amasezerano yo kurangiza intambara ya Isiraheli ku karere k’Abanyapalestina kagoswe.
Sheikh Mohammed bin Abdulrahman bin Jassim Al Thani yatanze ubu butumwa nyuma y’ibiganiro na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Marco Rubio i Washington kuwa gatatu, aho (…)
Hatangiye ibikorwa byo gushyingura abishwe mu gitero cyo kurasa abantu cyabereye ku mucanga wa Bondi Beach muri Sydney, aho ibihumbi by’abantu bateraniye hamwe mu gusezera Rabbi Eli Schlanger, umwe mu bishwe.
Rabbi Schlanger yari umwe mu bantu 15 bishwe ubwo abagabo babiri barasaga imbaga y’abantu bari bitabiriye umunsi mukuru wa Hanukkah, umunsi wawo wa mbere. Minisitiri w’Intebe wa Ositaraliya yatangaje ko abagabye icyo gitero bisa n’aho batumwe n’umutwe w’iterabwoba wa Islamic State (…)
Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi woroheje icyemezo wari warafashe cyo guhagarika burundu kugurisha imodoka nshya zikoresha lisansi na mazutu guhera mu mwaka wa 2035. Ibi byabaye nyuma y’igitutu cyaturutse ku nganda zikora imodoka, zivuga ko zihura n’ibibazo bikomeye birimo gutakaza imirimo, gufunga inganda no guhangana n’ipiganwa rikomeye ku isoko mpuzamahanga, cyane cyane riturutse mu Bushinwa.
Mu cyemezo gishya, abakora imodoka bazemererwa gukomeza kugurisha umubare muto w’imodoka bavuga (…)
Ubuyobozi bwa Trump bwongereye iminsi ku itegeko ryo guhagarika ingendo muri Amerika harimo ibihugu nka Burkina Faso, Mali, Nijeri, Sudani y’Epfo na Siriya, hanyuma banongera amabwiriza ku bashobora kujya cyangwa kwimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ni Itangazo ryatangajwe kuwa kabiri i Washington, ryongereye ibihugu bitanu ku rutonde bihanganye n’itegeko ryo guhagarika ingendo burundu, mu gihe rishyiraho andi mategeko ku bindi bihugu 15, birimo Nijeriya, Senegali, Ivory Coast na (…)
Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) watanze ibisobanuro bishya ku mushinga wawo wo gukoresha miliyari z’amayero z’umutungo w’Uburusiya wafatiriwe mu rwego rwo gushyigikira Ukraine mu ntambara no mu bukungu mu myaka ibiri iri imbere . Uyu mushinga wahuye n’imbogamizi ziturutse mu Bubiligi, bavuga ko ushobora kugira ingaruka z’imari n’amategeko. Perezida wa Komisiyo y’Uburayi, Ursula von der Leyen, yatangaje ku wa Gatatu ko EU igamije gufasha Ukraine kubona ibice bibiri bya gatatu (…)
Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel Macron, yatangiye uruzinduko rw’iminsi itatu mu Bushinwa, rugamije ahanini gushimangira ibiganiro kuri Ukraine, ubucuruzi, ukubangamirwa mu karere ka Pacific bitewe n’ubushinwa no ku burenganzira bwa muntu. Macron yagerageje kugaragaza umwanya ukomeye w’Uburayi ku Bushinwa ariko agasa n’ugendera kure ibyatuma Beijing igira icyo yakira nabi. Abasesenguzi bavuga ko ukwiyongera k’ubushobozi n’ubuhangange bw’Ubushinwa gushyira igitutu ku bucuruzi, (…)
Ubuyobozi bw’inzibacyuho muri Haiti bwatangaje itariki y’amatora rusange, amatora ya mbere igihugu kizaba kibonye mu myaka hafi icumi. Ni intambwe ikomeye mu kugarura ubutegetsi bwa demokarasi, n’ubwo urugomo rw’imitwe yitwaje intwaro rukomeje kubangamira umutekano w’igihugu. Inama y’Igihugu Ishinzwe Amatora (CEP) yatangaje ko icyiciro cya mbere cy’amatora ya perezida n’abo mu nteko ishingamategeko kizaba muri Kanama 2026. Ariko ikomeza ivuga ko kubanza kugarura umutekano mu gihugu ari cyo (…)
Imiryango ibiri y’itangazamakuru mu Bufaransa yajyanye ubutegetsi bwa Israel mu rukiko i Paris, ibashinja kubuza abanyamakuru b’Abafaransa kwinjira no gutara amakuru mu gace ka Gaza, ibintu byafashwe nk’igihamya cyo guca intege ubwisanzure bw’itangazamakuru. Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru (SNJ) n’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Abanyamakuru (IFJ) byemeje ko byatanze ikirego ku “kubangamira umwuga w’itangazamakuru”. Bivuga ko uburyo Israel ibuza abanyamakuru kwinjira mu gace ka Gaza na raporo zivuga (…)
Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky arerekeza mu Bufaransa kuri uyu wa Mbere, ku nshuro ya kabiri mu byumweru bibiri, mu gihe igihugu cye gihanganye n’ibihe bikomeye bya politiki n’intambara kuva Uburusiya bwagaba ibitero mu 2022.
Ibiganiro na Perezida Emmanuel Macron biza kuba mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishyira igitutu kuri Kyiv ngo yemere umugambi mushya wo kurangiza intambara, mu gihe Ukraine iri mu rusobe rw’ibibazo bya ruswa yagaragaye kubayobozi bakuru.
Perezidansi (…)
Ibihugu bya Sri Lanka na Indonesia byohereje ingabo kuri uyu wa Mbere mu gufasha abahuye n’ibyago byatewe n’imyuzure ikomeye yibasiye ibice bine by’Asia, ikaba imaze guhitana hafi abantu 1,000. Imvura idasanzwe yaguye mu cyumweru gishize yibasiye igihugu cya Sri Lanka cyose, ndetse n’uturere twa Sumatra muri Indonesia, Thailand y’Amajyepfo ndetse na Malaysia y’Amajyaruguru. Perezida wa Indonesia, Prabowo Subianto, wageze mu majyaruguru ya Sumatra kuri uyu wa Mbere, yavuze ko “ibikorwa bya (…)
UBURUSIYA BWAMAGANYE INGABO Z’AMAHANGA ZAKOROHEREZWA MURI UKRAINE
5 September 2025, by Chadadi Habimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.























