Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Me Katisiga wavuzwe mu Rubanza rwa Anathole yarekuwe by’agateganyo

Monday 19 December 2022
    Yasomwe na

Urukiko rw’Ibanze rwa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi, rwarekuye Umunyamategeko Me Katisiga Emile wavuzwe cyane mu rubanza rwa Muhizi Anathole wamenyekanye nk’uwabeshye Perezida Kagame.

Ubusanzwe Me Katisiga atuye mu Rubavu ari naho yaterewe muri yombi.

Me Katisiga Rusobanuka Emile uregwa ubufatanyacyaha ku cyaha cy’inyandiko mpimbano kiregwa (Demob) Muhizi Anathole wafunzwe nyuma yo kugaragara ko yabeshye Perezida Paul Kagame, ubwo yamugezagaho ikibazo cy’uko Banki Nkuru yamuhuguje inzu.

Icyemezo cy’Urukiko rwamurekuye tariki ya 15 Ukuboza 2022, kivuga ko “Urukiko rw’ibanze rwa Gacurabwenge rwarekeye Me Katisiga Rusobanuka Emile kuko nta mpamvu zikomeye zituma akurikiranwa afunzwe by’agateganyo.”

Me Katisiga mu iburanisha ruheruka yari yabwiye Urukiko ko Ubushinjacyaha bwamufunze mu buryo bunyuranije n’abamateko kuko abavoka bafite ubudahangarwa mu kazi kabo.

Katisiga yaburanaga ifunga n’ifungurwa ku wa 08/12/2022 yari yasabye Urukiko kumurekura kuko ibyo yakoze yabikoreye mu mwuga we w’ubwavoka.

Ubushinjacyaha bwo bwari bwamusabiye gufungwa iminsi 30 y’agateganyo muri Gereza ya Muhanga.

Katisiga yunganiwe na Me Musore Gakunzi Valery, Me Ntare Paul, Me KAYIRANGA Kayiru Wellars na Me BIZIMANA Zebedee Ruramira.

Ubushinjacyaha bwamutaye muri yombi kuva 16/11/2022.

Yaburanye ahakana ibyaha byose akekwaho n’ubushinjacyaha. Me Katisiga akekwaho icyaha cy’ubufatanyacyaha mu gukora no gukoresha inyandiko mpimbano.

Ubushinjacyaha bufite iminsi itanu yo kujururira icyemezo cy’urukiko rw’ibanze rwa Gacurabwenge, mu rukiko Rwisumbuye rwa Muhanga.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru