Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango Uwimana Consolée, asanga isuku ikwiye gutangirira mu bakiri bato ikaba umuco. Ibi yabigarutse ubwo hatangizwaga ubukangurambaga bwiswe FresheriKuIshuri aho yasabye abanyeshuri n’abarezi kwita ku isuku yo ku mubiri mu ngo n’aho banyura mu rwego rwo kurushaho kwimakaza isuku.
Minisitiri Uwimana ubwo yifatanyaga nabo kuri Centre Scolaire Notre Dame de Fatima ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru, kuri uyu wa 12 Mutarama 2026.
Ati”Turifuza ko isuku itangirira mu bakırı bato bakayigira umuco niyo mpamvu ubu bukangurambaga bwakorewe mu mashuri.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Mugabowagahunde Mourice nawe yongeye gushimangira ko isuku ari isoko y’ubuzima aho yasabye buri wese kugira isuku ndetse ikagaragara ahantu hose.
Ku ruhande rw’abarezi n’abanyeshuri bahamya ko nta suku nta buzima bwiza. Dusengimana Marie Claire n’umurezi kuri Fatima yagize ati”Ubu tugiye kurushaho kunoza isuku nk’uko abayobozi babidusabye natwe tugomba kongeramo imbaraga.”
Umuhoza Dina yagize ati”tugomba guhorana Fresheri ku ishuri dusa neza ndetse tugasukura naho dutuye, tugasokoza imisatsi, tukoza amenyo tugasukura ibyo turiraho mbese tugakaraba n’intoki kenshi.”
Minisitiri Uwimana Consolee nanone yavuze ko isuku itaranozwa neza nkuko byifuzwa akaba yasabye abanyarwanda kwimakaza isuku bakanga umwanda.
Ati”Ubu bukangurambaga bugiye gukorwa mu Gihugu hose, mu gihugu cyacu turacyafite ibibazo bibangamiye imibereho myiza mu muryango harimo n’ikibazo cyo kuba tudafite isuku ku buryo buhagije haba aho dutuye aho tugenda n’aho dukorera murabizi hashyize igihe kinini bivugwa, ddasaba buri wese kugira isuku nyambere.”
Ni ubukangurambaga bwa Minisiteri y’Uburezi ifatanyije na Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), bugamije kwimakaza isuku mu bigo by’amashuri n’ahandi hose muri rusange.






















