Hon. Masozera wo mu ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu (Rwanda Green party of Rwanda) yasabye Abarwanashyaka ko bakwiye guhangana n’ibiyobyabwenge nk’abantu baturiye umupaka. Ibi yabigarutseho kuri iki Cyumweru ubwo yari yaje mu nama ikomatanyije n’amahugurwa y’Abarwanashyaka yabereye mu karere ka Gicumbi.
Dusengima Domithila n’umurwanashyaka wa Green Party avuga ko bagiye gukomeza kwigisha ndetse bagatangira amakuru ku gihe .
Ati”Guhangana n’ibiyobyabwenge (…)
U Rwanda rwamaganye ibyaha bivugwa ku Ngabo z’u Rwanda (RDF) mu ijambo ry’Inama idasanzwe y’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC) yabereye ku itariki ya 31 Mutarama 2025.
Byatangajwe mu itangazo ryasohowe tariki ya 2 Gashyantare 2025 rya minisiteri y’ububanyi n’amahanga.
Iri tangazao ryavugaga ko ingazo z’u rwanda, RDF, zirinda imipaka y’u Rwanda ku byago ndetse zikanirinda abaturage, zikora ibitero ku baturage.
Itangazo rikomeza rigira riti: Umuryango w’ibihugu bya Afurika (…)
Abaturage 22 bari bahunze intambara mu mujyi wa Goma muri repubulika ya Demikarasi ya Congo bagahungira i Rusi mu Rwanda batashye banyuze ku umupaka wa Rusizi ya mbere.
Hari mu masaha ya saa tanu kuri uyu 29 Mutarama, i Rusi aho abakongomani bari bahunze intambara ingabo za DRCONGO, FARDC zarwanaga n’umutwe witwaje intwaro wa M23, bari kwambuka berekeza bataha iwabo mu mujyi wa Bukavu mu ntara ya Kivu y’amajyepfo.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Ingabire Joyeux (…)
Mu gihe imirwano ikomeye ya M23 n’ingabo za Leta n’abayifasha imaze gutuma uyu mutwe ubafatana umugi wa Goma, abakongomani bari mu Murwa mukuru wa Kinshasa batangiye gutwika za Ambasade z’ibihugu bikomeye mu gisa no kurakaza ababihagarariye bafite ijambo mu kanama k’umutekano k’Umuryango w’Abibumbye ngo bafate icyemezo ku guhagarika imirwano mu Burasirazuba bwa DRCongo.
Uyu ubaye umwaka wa Kane imirwano yubuye hagati y’inyeshyamba za M23 ziri mu Ihuriro rya AFC/M23 riyobowe na Perezida (…)
Nyuma yaho afatiwe n’indwara ’igitaraganya bikayobekana mu gihugu akihutanwa mu bitaro byo hanze, Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD FDD, Ndikuriyo Reverien, ubuzima bwe bugeze ahakomeye, aho bivugwa ko ari muri Coma.
Amakuru avuga ko arembeye mu Bitaro bya Kaminuza ya Aghakan byo muri Kenya.
Umwe mu bantu ba hafi y’Umuryango we, babwiye ikinyamakuru SOS Media Burundi, kitavuga rumwe n’ubutegetsi buriho, ko “Ubuzima bwe bumeze nabi cyane. Ngo yari yavuye (…)
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa bemeranya ko intambara iri mu Burasirazuba bwa DRCongo ikwiye guhagarara vuba na bwangu.
Ibiganiro by’aba bakuru b’ibihugu byatangajwe n’ibiro bya Perezidanse ya Afurika y’Epfo kuri uyu wa Mbere tariki ya 27 Mutarama 2025.
Abakuru b’ibihugu byombi baganiriye ku murongo wa Telefone ku kibazo cy’intambara iri muri DRC yateje impfu z’abasirikare b’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo (SAMIDRC) (…)
Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, rya CNDD-FDD, Bwana Révérien Ndikuriyo, amerewe nabi aho ari kwitabwaho n’abaganga hanze y’igihugu, abatabdukanye barakeka ko yahawe uburozi ngo bumuhitane.
Uyu Mutegetsi Ndikuriyo amaze iminsi agaragaza ko hari ibyo atemeranyaho n’Umukuru w’Igihugu, abakurikiranira hafi politiki y’Akarere bemeza ko bifite byinshi bihatse.
Ku wa Kane, ubwo yari i Ngozi, ni bwo uyu mugabo uvuga rikijyana mu Burundi yafashwe n’indwara itunguranye (…)
Uwari asanzwe ari Umugaba Mukuru w’ingabo za Israel, Lt. Gen. Herzi Halevi yatangaje ko yeguye ku nshingano kubera ko hari ibyo atarahabwaho ubusobanuro ku gitero cyagabwe ku gihugu cye tariki 7, Ukwakira, 2023 bikozwe na Hamas.
Icyo gitero cyatumye igihugu cye kijya mu ntambara yari imaze amezi 15 ikaba iherutse gusa nihagaze nyuma y’amasezerano yasinyiwe muri Qatar mu Murwa mukuru, Doha y’agahenge hagati y’impande zirwana.
Igitero cyagabwe kuri Israel bikozwe na Hamas cyatumye abantu (…)
Kuva imirwano hagati y’Ingabo za Leta ya Kinshasa, FARDC n’umutwe wa M23 yagera muri kivu y’Amajyepfo, amakuru ava ku rugamba aravuga ko M23 yafashe ahitwa Lumbishi n’ibice bindio bizengurutse Minova.
Ni nyuma y’imirwano yabaye ku wa Gatandatu yasize M23 ifashe agace ka Lumbishi, gaherereye muri teritwari ya Kalehe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Andi makuru aravuga ko ubu M23 ifite Numbi, Shanje, imisozi ya Rukara n’ahandi hose hazengurutse minova. Abo bahanganye ubu begereje ishyamba (…)
Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasabye ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC guhagarika gukorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukomeje guhungabanya umutekano w’abaturage.
Byatanagjwe n’Umunyamanga wa Leta wungirije wa Amerika ushinzwe ububanyi na Afurika, Molly Phee, wavuze ko mu Ugushyingo 2023 ubwo we n’abandi barimo Avril Haines uyobora urwego rw’ubutasi rwa Amerika basabaga Leta ya RDC guhagarika ubu bufatanye, ikaba yarabyemeye ariko ntiyabyubahiriza. (…)
Umugore umwe rukumbi yatangaje ko azahangana na Perezida Samia Suluhu mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri uyu mwaka.
Uwo ni Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tanzania rya ACT Wazalendo, Dorothy Semu, usanzwe azwiho kutarya indimi mu kubaza inshingano guverinoma ya Tanzania no kuyereka ibitagenda neza.
Dorothy Semu yatangaje ko Abanya-Tanzania bamaze guhaga akababaro baterwa n’ishyaka riyoboye rya Chama cha Mapinduzi (CCM).
Yabitangarije mu kiganiro (…)
Gasabo na Nyarugenge babonye ababahagariye bashya muri Green Party
14 December 2025, by Valens NzabonimanaMushikiwabo nk’umukandida uzahagarira u Rwanda ku buyobozi bwa OIF
13 January 2026, by Valens Nzabonimana
Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica
24 February 2026, by Chadadi Habimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.























