Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasabye ibihugu bitandukanye gufasha kurinda inzira y’ingenzi y’amato ya peteroli izwi nka Strait of Hormuz mu gihe amakimbirane akomeje hagati ya Iran, Israel ndetse na USA. Iyi nzira kandi inyuramo hafi 20% by’amavuta n’ingufu bikoreshwa ku isi, bigatuma iba ingenzi cyane mu bucuruzi mpuzamahanga.
Trump yavuze ko Amerika yamaze kuvugana n’ibihugu birindwi hagamijwe gushyiraho ubufatanye bwo kurinda amato no kongera gufungura iyi (…)
COVID-19 yahinduye uburyo bw’imibereho bigira n’ingaruka ku migenderanire hagati y’ibihugu kugeza aho ubu bisa n’ihame ko nta muturage watekereza kwerekeza mu mahanga atarikingije inkingo zisabwa n’igihugu ashaka kwerekezamo. Gusa kugeza ubu hari ibihugu 7 ku Isi bikemerera abagenzi kubyinjiramo bidasabye ko waba warikingije urukingo na rumwe; harimo n’ibidasaba kwerekana ko wisuzumishije CPR Test.
Ku ikubitiro haraza igihugu cy’Ubugiliki (Greece). Mbere yuko ugera muri iki gihugu uvuye (…)
Yanditswe na Alice Umugiraneza
Abaturage bo mu mudugudu wa Karunyura mu Kagari ka Kabeza umurenge wa Cyuve ho mu karere ka Musanze batewe impungenge n’abantu baca imihanda mu masambu yabo kandi batarabibasabye cyangwa ngo habe hari ubuyobozi bwabibaganirijeho, nibura kugira ngo ubutaka bwabo bukorerweho ibikorwa nkibyo babizi cyangwa babyemeye.
Bamwe muri ba nyiri amasambu babwiye mamaurwagasabo ko iterambere ry’umuhanda ari ryiza ariko bigakorwa nabo babizi kuko ibibakorerwa bagomba (…)
Yanditswe na Umugiraneza Alice
Abana bakora akazi ko mu rugo bo mu karere ka Musanze bavuga ko nubwo bisanze bari gukora ako kazi batarageza ku myaka y’ubukure ariko bahura n’ihohoterwa bakorerwa n’abakoresha babo ririmo no kwimwa amafaranga y’igihembo cy’akazi babyukiramo bakararamo mu gihe akazi ko mu rugo kari mu mirimo ibujijwe, ivuna umwana kubera ibyago ashobora guhiriramo nabyo.
Bamwe mu bana batinyutse bakaganira n’umunyamakuru wa Mamaurwagasabo, bagaragaje zimwe mu mbogamizi (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Ambasaderi wa Misiri mu Rwanda, Rania Mahmoud El Banna yatangaje ko mu myaka azamara ahagarariye igihugu cye mu Rwanda agiye guahyira imbaga nyinshi mu kuzamura urwego rw’ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi, nyuma yo kuganira na Perezida Kagame bagasanga mu myaka ishize haribanzwe cyane ku mubano mu bya politiki.
Yabitangaje ubwo yari amaze kugirana ibiganiro na Perezida wa Sena, Dr. Iyamuremye Jean Damascene, kuri uyu wa kane, tariki ya 3 Mutarama 2022. (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Abakorera mu isoko rya Mukamira, mu karere ka Nyabihu baravuga ko babangamiwe n’umwanda ukabije ugaragara muri iri soko, aho ukinjira wakirwa n’ibisigazwa by’ibibwa byajugunywe hirya no hino, amasashi atabora n’amazirantoki kubera kutagira ubwiherero.
Ahamenwa ibishingwe haruzura ntibividurwe bigateza amasazi mu isoko
Ubwo Umunyamakuru wa mamaurwagasabo yageraga mu isoko rya Mukamira, kuri uyu wa Kane tariki ya 3 Gashyantare 2022, yahasanze umwanda (…)
Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko rugufi rw’akazi muri Kenya, ahura na mugenzi we Uhuru Kenyatta i Nairobi bagirana ibiganiro byagarutse ku ngingo zijyanye n’ubutwererane bw’ibihugu byombi ndetse n’ubw’Akarere.
Ni uruzinduko rw’umunsi umwe Umukuru w’Igihugu yatangaje ko yagize mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 3 Mutarama 2022.
Muri iyo nama, Perezida Kenyatta na Perezida Kagame baganiriye ku nzego zitandukanye z’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi birimo ubucuruzi (…)
Aborozi bo mu karere ka Nyabihugu, ahazwi nko mu Bigogwe kucruhande rw’ishyamba rya Gishwati bamaze iminsi batakambira Leta ko hari inyamanswa bataramenya iyo ari yo ibarira inyana z’imitavu, bakifuza ko bacungirwa umutekano kuko ikibazo kimaze iminsi kandi kimaze kubarira inyana 35 kuva umwaka ushize, 2021.
Iki kibazo cyatangiye kugaragazwa mu mpera z’umwaka ushize, ubwo aborozi batabaza inzego zitandukanye bifuza ko icyo kibazo gishakirwa umuti urambye iyo nyamaswa itaratangira kwadukira (…)
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko bugiye kohereza imodoka ya laboratwari igendanwa yo gukingira abantu aho ibasanze mu bice bitandukanye bya Kigali.
Ni igikorwa giteganyijwe gutangira kuri uyu wa Kane tariki 03 Gashyantare 2022, kigiye gukorwa ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, kigamije kwegereza abaturage servisi z’inkingo za COVID-19.
Muri iki gikorwa kizwi nka Mobile Clinic, hazifashishwa imodoka yabugenewe izajya isanga abaturage mu bice binyuranye by’Umujyi wa (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Mu karere ka Burera mu mirenge ya Cyanika , Rugarama na Kagogo abana birirwa mu mihanda aho kujya mu ishuri ikibazo gikomeje gufata indi ntera, kuko muri ako karere habarurwa abagera ku 700 badaheruka kujya ku ishuri.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 02 Gashyantare 2022, Guverineri w’intara y’amajyaruguru, Nyirarugero Dancilla, mu nama yagiranye n’abavuga rikumvikana bo mu karere ka Burera yagarutse ku kibazo cyugarije aka karere ndetse atanga umukoro ku (…)
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bunamiye Intwari z’u Rwanda anashyira indabo ku Gicumbi cy’Intwari giherereye i Remera mu Mujyi wa Kigali.
Ni umuhango uba ngarukamwaka, kuri iyi nshuro yari iya 28, tariki ya 1 Gashyantare 2022, ku insanganyamatsiko igira iti ‘Ubutwari mu Banyarwanda, Agaciro kacu’.
Perezida Kagame wari kumwe na Madamu Jeannette Kagame, bageze ku Gicumbi cy’Intwari baherekejwe n’abayobozi mu nzego nkuru z’igihugu.
Ni umuhango kandi witabiriwe (…)
Mu irushanwa ryo kwibuka padiri Kayumba ikipe ya UTB niyo yegukanye byinshi
11 February 2019, by MUTESI ScoviaNST2: Ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka ku 9.3% buri mwaka
9 September 2024
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.










![Burera: Abana bagera ku 7,000 bataye ishuri, benshi birirwa mu mihanda [Amafoto]](IMG/logo/img_20220202_171105_766.jpg?1643814730)











