Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasabye ibihugu bitandukanye gufasha kurinda inzira y’ingenzi y’amato ya peteroli izwi nka Strait of Hormuz mu gihe amakimbirane akomeje hagati ya Iran, Israel ndetse na USA. Iyi nzira kandi inyuramo hafi 20% by’amavuta n’ingufu bikoreshwa ku isi, bigatuma iba ingenzi cyane mu bucuruzi mpuzamahanga.
Trump yavuze ko Amerika yamaze kuvugana n’ibihugu birindwi hagamijwe gushyiraho ubufatanye bwo kurinda amato no kongera gufungura iyi (…)
MUTUNGIREHE SAMUEL
Abagore bakora ubucuruzi bw’imbuto mu turere tumwe na tumwe mu gihugu bagaragarije ba Minisitiri barimo uw’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, uw’Ubuhinzi n’Ubworozi, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali n’Uhagarariye Umuryango wa Gatulika CRS, zimwe mu mbogamizi bahuye nazo kuva icyorezo cya COVID-19 cyagera mu Rwanda hagatangira gufatwa ingamba zimwe na zimwe zibangamira ubucuruzi nk’ibizwi nka Shift, aho mu isoko umucuruzi wakoze uno munsi ejo asiba hakaza mugenzi we, (…)
Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Hailemariam Desalegn wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia ubu akaba ayobora Ikigo cy’Afurika gicuruza ibikoresho by’ikoranabuhanga.
Ni ikigo gikomeye kitwa Africa Electronic Trade Group (The A-eTrade Group). Kirimo gukora urubuga rw’isoko rwitwa Sokokuu, mu gufasha kuzamura akamaro k’isoko rusange rya Afurika ku bigo biro n’ibiciriritse mu kwisanga ku isoko ryo hagati no hanze y’Afurika mu bucuruzi. U Rwanda ruzaba rufite ikicaro gikuru (…)
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Ngamije Daniel yasabye abantu kwitabira kwikingiza urukingo rwa Covid19 hakiri kare kuko hari igihe kizagera umuntu yagera ahantu runaka akabazwa ko yikingije mbere yo kwinjira cyangwa aho akorera, mu isoko n’ahandi.
Yabigarutseho mu kiganiro n’Urwego rw’igihugu RBA asobanura uko icyorezo cya COVID-19 gihagaze ubu mu Gihugu, n’imyanzuro mishya yafashwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ejo hashize ki wa Gatatu irebana n’ingamba zo gukomeza gukumira ikwirakwira (…)
Inama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu yemeje imyanzuro itandukanye irimo ko ingendo zitarenza saa Mbiri mu gihe ibikorwa byemewe bifunga imiryango saa moya mu gihe ibiroro by’ubukwe nabyo byemewe batarengeje abantu 50.
Ni imyanzuro ije isimbura imazeho ibyumweru bibiri irimo niyashyize imirenge itandukanye mu gihugu igera kuri 52 muri Guma mu Rugo.
Muri iyi myanzuro harimo kandi ko inama zihuza abantu imbonankubone zitazarenza kwakira abangana na 30% by’ubushobozi bw’icyumba (…)
Ubukana bw’icyorezo cya COVID-19 yihinduranyije bukomeje gushegesha ibikorwa bizamura iterambere ry’ubukungu bw’igihugu, kuva ku bikorwa bya muntu ku giti ke kugera ku by’igihugu.
Kuri uyu wa Gatatu Ubunyamabanga bwa Smart Africa bwatangaje ko inama ya 6 ya Transform Africa 2021 yiga ku iterambere ry’ikoranabuhanga muri Afurika yasubutswe kubera ingaruka z’icyorezo cya COVID-19.
Ni inama yari iteganyijwe kubera i Kigali hagati ya taliki ya 8 n’iya 10 Nzeri ihuje abatumirwa basaga 10,000 (…)
Iyo uganiriye na bamwe mu bagore bacuruza imbuto n’imboga mu bice bitandukanye higanjemo abashyizwe amasoko mato mu mirenge ya Kicukiro, wumva abataka igihombo baterwa no kuba abaguzi bamwe bavuga ko ibiciro byazamutse by’imbuto bigatuma nuguze agura bike ku byo yari asanzwe agura bigatera umucuruzi guhomba kuko bimwe bigeraho bikabora bitarabona abaguzi.
Mu bo twaganiriye barimo Nyiramana Rose ucururiza Kicukiro Centre, avuga ko kuva covod yagenda ishyira abantu mu ngo bamwe bagabanyije (…)
Inzego z’umutekano z’u Rwanda (Rwanda security forces) zishe ibyihebe bine mu mirwano yo kuri uyu wa Gatandatu mu rugamba zafatanyijemo n’iza Mozambique.
Imirwano ikomeye yabereye mu gace kitwa 1st May mu bilometero 12 ugana ku cyicaro gikuru cy’Akarere ka Mocimboa da Praia, mu Ntara ya Cabo Delgado.
Uretse abapfuye, inzego z’umutekano z’u Rwanda zafashe imbunda 3 za SMG (Small Mahine Guns) n’imbunda 2 za RPG ( rocket-propelled grenade), grenade 6 n’igikapu kirimo imyirondoro y’abarwanyi (…)
Mutungirehe Samuel
U Rwanda rwungutse ubundi buryo bw’ikoranabuhanga rigezweho ryo kubaga umurwayi indwara zo mu gituza nko mu bihaha hadafunguwe mu gituza, bigafasha umurwayi gukira vuba atanyuze no mu buribwe bukomeye cyangwa ngo atakaze amaraso menshi mu gihe cyo kubagwa.
Ni uburyo bwatangirijwe mu bitaro byitiriwe Umwami Fayisali (King Faisal Hospital) bwahimbwe n’umunya-Espagne, Dr. Diego Gonzalez, umaze kubugeza mu bihugu bimwe na bimwe ku isi birimo n’u Rwanda.
Dr. Sendegeya (…)
Mutungirehe Samuel
Abarwanyi bo mu ntara ya Tigray ya Ethiopia bigaruriye umujyi w’i Lalibera muri Ethiopia uyu ukaba ari umujyi urimo ingoro zashyizwe ku rutonde rw’ibigize umurage w’Isi bicungwa na UNESCO.
Haribazwa niba batazawangiza nk’uko abarwanyi bo muri Mali bigeze kugira umujyi wa Toumbouctou bagatwika inyandiko ntagatifu zari zihabitse kandi ari iz’igiciro kinini.
Ingoro z’i Lalibera zibitse inyandiko ntagatifu n’ibikoresho byejejwe by’idini by’Aba Orthodox bo muri Ethiopia. (…)
Perezida Kagame Paul yakiriye mu biro bya Perezida wa Santarafurika, Faustin Archange Touadéra uje mu ruzinduko rw’akazi ruzamara iminsi ine mu Rwanda.
Akigera ki Kibuga mpuzamahanga cya Kanombe, Perezida Touadera yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Dr Biruta Vincent.
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.











![[AMAFOTO]Perezida Kagame yakiriye mugenzi we Touadera wa Central Africa](IMG/logo/arton1654.jpg?1633463760)







