Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasabye ibihugu bitandukanye gufasha kurinda inzira y’ingenzi y’amato ya peteroli izwi nka Strait of Hormuz mu gihe amakimbirane akomeje hagati ya Iran, Israel ndetse na USA. Iyi nzira kandi inyuramo hafi 20% by’amavuta n’ingufu bikoreshwa ku isi, bigatuma iba ingenzi cyane mu bucuruzi mpuzamahanga.
Trump yavuze ko Amerika yamaze kuvugana n’ibihugu birindwi hagamijwe gushyiraho ubufatanye bwo kurinda amato no kongera gufungura iyi (…)
MUTUNGIREHE Samuel
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gifasha abana bafite ubumuga cya HVP Gatagara, ishami riri mu karere ka Kicukiro mu Murenge wa Gikondo, Nteziryayo Jean Pierre, yatangaje ko bafite imbogamizi ikomeye y’aho bazimurira abana barangije ikiciro cy’uburezi batanga ku bana bafite ubumuga bwo mu mutwe.
Yabitangaje kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 27 Kamena 2021, mu nama yahuje abafatanyabikorwa b’iki kigo barebera hamwe ibimaze gukorwa mu mushinga w’imyaka itatu HVP Gatagara/Gikondo (…)
Bigenda byumvikana hirya no hino ko hari bamwe mu barimu basambanya abana bigisha bitwaje amanota bazabaha (nk’igikangisho cyangwa ibishukisho).
Umwe mu bana twaganiriye twise “Umwiza”, yiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye.
Arerwa na nyina gusa kuko se yabasize cyera akajya mu karere ka Nyagatare agashaka undi mugore.
Umwiza mu ijwi ryuzuye ikiniga yagize ati “Mama nta bushobozi bwo kumfasha afite buhagije kugira ngo mbone ibikoresho by’ishyuri n’amafaranga dusabwa yo kurya (…)
Perezida Kagame witabiriye Inama y’Ishoramari ihuza ibihugu 20 bikize ku Isi n’ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika, iri kubera i Berlin mu Budage.
Muri iyo nama Perezida Kagame yahahuriye na mugenzi we wa Sénégal, Macky Sall.
Abakuru b’ibihugu byombi bahuye kuri uyu wa 26 Kanama 2021, aho bitabiriye iyi nama izwi nka G20 Compact with Africa (CwA), yahurije hamwe abayobozi b’ibihugu bya Afurika, ibigize G20, abashoramari, abacuruzi n’abandi bafatanyabikorwa.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, (…)
Nsengiyumva François, wamenyekanye mu muziki nyarwanda nka Gisupusupu, yari amaze iminsi afungiye muri Gereza ya Rwamagana yarekuwe.
Mu kwezi kwa Kamena uyu mwaka Gisupusupu yatawe muri yombi akurikiranyweho gukoresha imyaka imirimo yo mu rugo (kumugira umukozi) umwana utaruzuza imyaka y’ubukure ndetse kuri ibyo hakaniyongeraho kumusambanya akanamwanduza indwara zandurira mu myanya ndangagitsina.
Amizero dukesha iyi nkuru yanditse ko Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare rwavuze ko (…)
Urwego ngenzuramikorere RURA rwatangaje ko guhera tariki ya mbere Nzeri uyu mwaka uburyo bwo kugura no kwiyandikishaho simukadi nshya ya sosiyete y’itumanaho mu zikorera mu Rwanda bihinduka.
RURA yavuze ko simukadi nshya zizajya zitazongera gutangwa n’abazwi nk’aba-Agent bacuruza serivisi z’ibigo by’itumanaho ahubwo zizajya zitangirwa ahantu habugenewe.
Byasobanuwe ko bigamije guca uburiganya bwakorwaga na benshi muri bo bitewe n’icyuho kiri mu mitangire ya simukadi.
Ubusanzwe (…)
Mutungirehe Samuel
Minisitiri w’Ibidukikije Dr. Mujawayezu Jeanne d’Arc yatangaje ko mu minsi iri imbere ibishingwe byo mu ngo byaberaga umwansa abatuye Kigali bigiye guhinduka imari ishyushye yo kwinjiza amafaranga.
Yabitangaje kuri uyu wa kabiri asobanura uko gucunga imyanda yo mu ngo bizarushaho kurwanya ihumana ry’ikirere.
Ni ibizakorwa mu mushinga w’imyaka itatu iri imbere, uzajya ukusanya, ugatunga ndetse ukanabyaza umusaruro imyanda iva mu ngo zo mu Mujyi wa Kigali.
Yagize ati (…)
Leta y’u Rwanda yemeye kwakira impunzi ziva Afghanistan mu gihe gito mbere yuko zikomereza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, wabwiye Taarifa ati “U Rwanda rwemeye mu buryo bw’ibanze icyifuzo cya Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe Amerika.”
Gusa ibisobanuro birambuye ngo bizatangwa mu gihe kiri imbere uko impande zombi zizagira ibyo zumvikanaho.
Inyandiko z’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi, UNHCR, zigaragaza (…)
Mutungirehe Samuel
Ikigo k’igihugu gishinzwe kwihutisha iterambere ry’uturere LODA cyatangaje ko cyarangije gushyira ingo mu byiciro by’Ubudehw bishya, ku kigero cya 99%.
Byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru w’Iki Kigo, Nyinawagaga Claudine kuri uyu wa Mbere yariki ya 23 Kanama 2021.
Yagize ati "Ibyiciro by’Ubudehe bishya byararangiye, dufite Ingo 99% ziri mu byiciro by’Ubudehe. Ubwo iyo 1% ni nk’ingo nshya ziba zavutse cyangwa uwacikanwe kandi na we haba hari uburyo bwo kwegera akagari (…)
Mutungirehe Samuel
Nyuma yo gusanga hari ababyeyi bananirwa gutanga uburere buboneye ku bana babo bakireguza ko nta bumenyi babifitemo, Minisiteri y’Uburinganire n’iterambere ry’Umuryango irimo gutegura Indi mfashanyigisho zigenewe ababyeyi z’uburere buboneye, izabafasha gutegura uburezi bw’umwana kuva avutse kugeza ari mu ishuri.
Minisitiri Prof. Bayisenge Jeannette yabisobanuye kuri iki cyumweru mu kiganiro kuri Radio y’igihugu, kibanze ku ngamba zihari zo gukura abana mu muhanda. (…)
Inkuru y’akababaro yageze ku Banyarwanda ni urupfu rwa Ambasaderi Habineza Joseph, wamenyekanye nka Joe yitabye Imana kuri uyu wa Gatanu.
Amb. Joseph yari amaze iminsi anyujije kuri Twitter amakuru atandukanye y’isabukuru ye n’umufasha we bamaranye y’imyaka 33, mbere gato yaho nabwo yari yagaragaje agapapuro ka kera kazwi nka Invitation y’Ubutumire bw’ubukwe bwe yibutsa abanyarwanda amateka y’urugo rwe n’uko yashatse.
Byatangajwe ko Ambasaderi Joseph Habineza apfuye azize uburwayi. (…)
Gisagara: Imirasire n’umuriro w’amashanyarazi bihabwa abifite
17 September 2025, by Valens Nzabonimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.




















