Ku wa Gatanu, ku tariki ya 8 Gicurasi 2026, mu murenge wa Gisenyi, mu Karere Karere ka Rubavu, habereye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Iki gikorwa cyateguwe n’Itorero Angilikani mu Rwanda Diyoseze ya Kivu (EAR), mu rwego rwo kwibuka Abakiristo ba Diyoseze ya Kivu n’abandi bose bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Niyigena Drocelle agaragaza amakuba yanyuzemo mu gihe cya Genoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho icyo gihe we n’umuryango we (…)
Mu karere ka Nyamagabe hari abamotari bbatari bake bari kwishyuza imirenge n’akarere amafaranga bakoreye mu gihe cy’icyorezo cya COVID-19.
Ni abamotari bavuga ko bari bafite ikiraka cyo gitwara abaganga kuri site no mu ngo bagiye gukingira icyorezo cya COVID-19, bakabikora nta mafaranga na make bagenda bahabwa mo hagati ariko basoza akazi bakabura ubishyura kandi bafitanye amasezerano yanditse n’akarere.
Abahaye RBA amakuru, bavuze ko aho bikopesheje lisansi bahindutse ba karyamyenda (…)
Kuri uyu wa Gatatu abanyeshuri basaga 60 biga mu ishuri ribanza rya Pfunda, mu mu murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu bajyanywe ku kigo nderabuzima igitaraganya, nyuma yo gufata amafunguro akabagwa nabi.
Abatetse bino biryo, bitwa Ndatimana Ernest na Dukuze Nsabimanaa, ngo nyuma yo kubona ibi biryo biguye nabi aba banyeshuri, bahise batotoka, bakaba bari bagishakishwa n’inzego z’umutekano.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper yahamije aya makuru, ko hari abanyeshuri (…)
Bamwe mu baturage batishoboye bo mu karere ka Ngororero, mu mirenge ya Matyazo na Ngororero baravuga ko bakibanza gusabwa ikiziriko n’abayobozi mu nzego z’ibanze mbere yo guhabwa inka yo muri gahunda ya Girinka.
Ababibwiye munyamakuru wa mamaurwagasabo ni abo yasanze mu murenge wa Ngororero, aho batunga agatoki abayobozi mu nzego z’ibanze kubakandamiza mu guhabwa girinka ngo kuko babanza kubasaba amafaranga yiswe ikiziriko, utayafite ntashyirwe ku rutonde rw’abagomba guhabwa inka.
Uyu (…)
Ubuyobozi bw’Ishuri rya Nyarutovu mu murenge wa Bushenge, mu karere ka Nyamasheke bwasezereye abanyeshuri ko ntabyo kurya bikirangwa ku ishuri, abana basubira kurya mu ngo z’ababyeyi.
Ni icyemezo Ubuyobozi bw’iri shuri rubanza buvuga ko bwafashe nyuma yo kubona ko muri sitoke y’ikigo ntabyo kurya bisigayemo ndetse n’amafaranga ava mu ruhare rw’ababyeyi yashize, cyane ko nayo yishyuye na bake mu bana barenga 900 bagombaga kuyishyirirwa.
Icyumweru kirashize abanyeshuri batangiye kujya (…)
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Musanze mu murenge wa Busogo baravuga ikibaya cya Mugogo gikomeje kubateza igihombo bitewe nuko bahingamo imyaka ikarengerwa n’amazi, bagasaba ko hashakwa igisubizo kirambye.
Hashize imyaka ine iki kibaya gifite ubuso bungana na Ha 79 gitunganyijwe ndetse cyashowemo asaga miliyoni 300 gusa iyo urebye uburyo amazi akomeje kucyuzura ubona nta gisubizo kiraboneka.
Abahinzi baganiye na Mamaurwagasabo bavuze ko bakomeje guhombywa n’iki kibaya kandi aricyo (…)
Mu gihe hadasiba kumvikana inkuru z’abanyamuryango ba za koperative zitandukanye bataka igihombo batezwa n’abaziyoboye, ubu Leta y’u Rwanda iravuga ko igisubizo cyo gukumira iyo mikorere kizava mu itegeko rishya igiye gushyiraho.
Ni kenshi kandi abanyamuryango bategereje igisubizo ku mategeko agenga amakoperative yagiye ashyirwaho, ibintu ushobora kwibaza icyo uri rushya rije kurangiza cyari icyuho abarya iby’amakoperative agezeho banyuramo.
Itegeko risanzwe ni itegeko naryo ritaramara (…)
Mu gihe Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza yicinyaga icyara ko habura intambwe ya nyuma ngo atsinde igitego cyo gushyira mu bikorwa umushinga Guverinoma ye ifitanye n’iy’u Rwanda, wo kohereza abimukira n’impunzi, abasenateri bawitambitse.
Kuri uyu wa Mbere tariki 4 Werurwe 2024, abagize icyiciro gikuru mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza wagereranya na Sena, batoye amavugurura abangamira gahunda ya Guverinoma yo kohereza abimukira mu Rwanda.
Ikinyamakuru The Guardian cyatangaje ko (…)
Byubakwa, ibitaro by’akarere ka Nyarugenge byari bigenewe kujya byifashishwa mu gutabara vuba abarwayi bafashwe n’ibyorezo, gusa Abasebateri mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda basanze uko byubatswe nabyo bishobora guteza icyorezo.
Ni bimwe mu byagaragaye mu ruzinduko rw’akazi itsinda ry’Abasenateri bagize Komisiyo y’Iminbereho y’abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu, ryagiriye ku bitaro bya Nyarugenge, kuri uyu wa mbere, tariki ya 04 Werurwe 2024, hagamijwe kugenzura ibikorwa mu buvuzi (…)
Urupfu rw’Umusivile rwatumye abaturage birara mu muhanda bahangana n’abashinzwe umutekano mu gace ka Mugunga bafunga umuhanda ujya Sake Uba Goma.
Iyi myigaragambyo yasembuwe n’iyicwa ry’umusivili wishwe n’abagabo bambaye imyenda y’igisirikare cya RD Congo ahagana saa mbiri z’ijoro ryo ku wa 4 Werurwe 2024.
Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 5 Werurwe abaturage n’abahunze imirwano ya M23 na FARDC bo mu nkambi ya CBCA nabo bazindukiye mu myigaragambyo ikaze.
Abo baturage (…)
Kuri uyu wa mbere hari hateganyijwe guterana kw’Akanama k’Afurika gashinzwe Amahoro n’Umutekano k’Umuryango w’Afurika Yunze Ubunmwe (AU), kiga ku gushyigikira gahunda y’Umuryango w’Afurika y’Amajyepfo mu butumwa bwayo bwo muri Congo, SAMIDRC, no kuyishakira ubufasha imbere no hanze y’umugabane.
Ni Akanama kateranye abagize uruhande rw’u Rwanda rutarimo, kuko rugifatwa nk’ururi inyuma y’ibibera muri Congo, hakurikijwe ibirego bya Perezida Tshisekedi bishinja u Rwanda gutera inkunga umutwe (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.





















