Kapiteni wa Argentina yongeye kuyobora ikipe ye mu rugendo rwo guhatanira igikombe cya kabiri gikurikiranye, Lionel Messi yongeye kwandika amateka nyuma yo gufasha ikipe y’igihugu ya Argentina kugera ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026. Ni intambwe ikomeye ku mukinnyi w’imyaka 39 ukomeje kwerekana ko afite impano idasanzwe.
Mu mukino wa 1/2 wahuje Argentina n’Ubwongereza, Messi yagaragaje ubuhanga bwe, afasha bagenzi be kugenzura umukino no kugera ku ntsinzi yabahesheje itike yo (…)
Gasogi united ni ikipe ifite ibigwi n’amateka hano mu Rwanda bidakanganye ariko nanone ikaba ari imwe Mumakipe afite izina rizwi kubera umuyobozi wayo akaba na nyirayo witwa Kakooza Nkuriza Charles (KNC) ibyo kuba izwi cyane bituruka ku kuba nyirayo anafite igitangazamakuru gisanzwe gifite igihe cyagenwe cyo kuvuga kuriyi kipe ntayindi kipe bavuze bakayimenyekanisha no kuyikundisha abakunzi b’umupira w’amaguru.
Ibi bituma imenyakana kuko mukiganiro cya mugitondo cyo kuri Radio na tv 1 (…)
Mw’ijoro ryakeye ku mugabane w’ubulayi isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi ryo mu kwezi kwa mbere ryaraye risojwe muri iyi nkuru yacu tugiye kurebera hamwe abakinnyi bahinduye amakipe ku munsi wa nyuma.
Ikipe ya Chelsea Football club yagaruye Mamadou Sarr wari intizanyo muri Strasbourg wabisikanye na Aaron Anselmino werekeje muri iyo kipe ikina mu cyiciro cya mbere mu bufaransa isanzwe ari iya Blue Co ariyo kampani ifite Chelsea Football Club Ltd. Umufaransa Karim Benzema yasinyiye (…)
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) yafatiye ibihano amakipe y’ibihugu bya Maroc na Sénégal, nyuma yo gusanga yaragaragaje imyitwarire itari myiza mu mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika (CAN).
Ibihano byatanzwe ni ibi bikurikira kuri Marrocan Royal Football Association
Ibihumbi 200$ ryaciwe kubera imyitwarire idahwitse yaranze abana batanga imipira (ball boys) muri sitade mu gihe cy’umukino.
Ibihumbi 100$ ryaciwe kubera imyitwarire idahwitse yaranze abakinnyi (…)
Mu itangazo rigira riti “komisiyo y’imisifurire muri Ferwafa yateranye ku wa 19 mutarama 2026 isuzuma imisifurire ku mukino wahuje Apr Fc na El Merrikh sc (umukino wabaye ku wa 18/01/2026) mu marushanwa ya Rwanda Premier League. Yasanze ku munota wa 88’ w’umukino harabaye ikosa rikomeye ryakozwe n’umusifuzi wungirije wa kabiri (2nd assistant referee), aho igitego cya apr fc cyanzwe hashingiwe ku cyemezo kitari cyo cy’uko habaye kurarira. Kubera iryo kosa, komisiyo y’imisifurire yafatiye (…)
Ikipe ya Manchester City yo mu gihugu cy’ubwongereza yemeje ko yasinyishije myugariro w’umwongereza Marc Guehi w’imyaka 25 wakiniraga ikipe ya Crystal Palace, akaba yasinye imyaka itanu n’igice.
Marc Guehi w’imyaka 25 asinyiye iyi kipe nyuma y’uko yifuzwaga n’amakipe atandukanye arimo na mukeba wa Manchester City; Liverpool yagerageje kumugura mu mpeshyi ariko ntibyayikundira.
Ikipe ya Manchester City yari iherutse kuvunikisha ba myugariro babiri bayo b’inkingi za mwamba aribo Jasco (…)
Nyuma y’uko Amavubi atitwaye neza mu mikino yashakagamo itike y’igikombe cy’isi. Ku ngoma y’umutoza ADEL AMOUROUCHE ibi byatumye FERWAFA isohora itangazo rihagarika uyu munya Algeria ndetse kandi andi makuru ahari nuko yagiye agasiga iyi kipe nta ruhushya ahawe bivugwa ko yaragiye gushaka abakinnyi bakina ku mugabane w’Uburayi. Ibi bije n’ubundi hari umubare w’abanyarwanda benshi batishimiye guhabwa inshingano zo kuyobora ikipe y’igihugu k’uyu mutoza, aho bavuga ko habayeho kwihuta (…)
Dr. Mugemana Charles yari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports FC mu Rwanda wari umaze imyaka irenga 30 ayivura kandi ayitaho mu bijyanye n’ubuzima bw’abakinnyi.
Akaba yari azwi cyane ku ruhando rw’umupira w’amaguru mu Rwanda kubera ubwitange bwe mu kazi.
Yitaye ku buzima bw’abakinnyi b’ibihe bitandukanye: abato, abakuze, abakinnyi b’ibyamamare n’abari bagitangira.
Yari azwiho: Kwihangana,gukunda abakinnyi nk’abana be kutareba inyungu ze bwite, ahubwo agaharanira inyungu z’ikipe.
Mu (…)
Imurora Japhet wahoze ari Team Manager akaba n’umutoza wungirje wa Musanze FC, agiye kujyana iyi kipe mu nkiko bitewe n’umwenda bamubereyemo. Iyi bombori bombori ije nyuma yaho uyu Imurora yakuwe mu nshingano zo kuba hafi muri Musanze FC nkuru, akoherezwa gutoza ingimbi (Junior ) ndetse byakomeje kuba mu bwiru kugeza naho ubuyobozi bwa Musanze FC bwagiye bumushinja kugambanira ikipe kugira ngo itsindwe.
Amakuru agera kuri MAMAURWAGASABO TV nuko mu mukino ufungura shampiyona 2025-2026 (…)
Ku wa 15 Kamena 1957 ni bwo habaye irushanwa rya mbere ry’Igikombe cya Afurika (AFCON), rikaba ari irushanwa rikomeye rihuza amakipe y’ibihugu byo ku mugabane wa Afurika, kuri ubu iri rushanwa rizabera muri Morroco kuva muri iki cyumweru.
Kuva ryatangira, iri rushanwa rimaze gukinwa inshuro 34, bituma rikomeza kuba inkingi ya mwamba mu iterambere ry’umupira w’amaguru muri Afurika. Irushanwa riheruka kuba 13 Mutarama 2024 ryabereye muri Côte d’Ivoire, aho igihugu cyayakiriye cyegukanye (…)
Rayon sport imaze iminsi ititwara neza mu mikino ya shampiona y’icyiciro cya Mbere mu Rwanda , ikomeje gushaka ibisubizo by’intandaro yo kutitwara neza mu buryo bw’uko yakongera kubona umusaruro mwiza .
Rayon yatsinzwe mu mukino wayihuje na Bugesera FC ibitego 2-1, wari umukino w’umunsi wa 11 wa shampiyona y’u Rwanda wabaye ejo ku Cyumweru kuri Stade ya Bugesera.
Ubuyobozi bw’iyi kipe buherutse gutangaza ko buri gushakisha umutoza Mukuru w’iyi kipe imaze igihe idafite umutoza Mukuru (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.




















