Kapiteni wa Argentina yongeye kuyobora ikipe ye mu rugendo rwo guhatanira igikombe cya kabiri gikurikiranye, Lionel Messi yongeye kwandika amateka nyuma yo gufasha ikipe y’igihugu ya Argentina kugera ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026. Ni intambwe ikomeye ku mukinnyi w’imyaka 39 ukomeje kwerekana ko afite impano idasanzwe.
Mu mukino wa 1/2 wahuje Argentina n’Ubwongereza, Messi yagaragaje ubuhanga bwe, afasha bagenzi be kugenzura umukino no kugera ku ntsinzi yabahesheje itike yo (…)
Abakunzi ba shampiona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda (Rwanda Primier League) n’ab’umupira w’amaguru muri Rusange iyi weekend bararyoherwa cyane aho shampiona iza Gukomeza hakinwa umunsi wa 11.
Uyu munsi kuwa Gatandatu ikipe ya Gorilla Fc iraba yakiriye APR FC saa 15:00, ni umukino urabera kuri Kigali Pele stadium(KPS) si uyu mukino gusa Kandi kuko Musanze FC iherutse gutsindwa na Rayon Sports mu mukino w’umunsi wa 10 iraba yakiriye Etincelles kuri stade Ubworoherane mu yindi mikino iraba (…)
Binyuze mu mikino itandukanye abayobozi b’ibigo by’amashuri, ababungirije ba Kontabure n’abashinzwe ikinyabupfura bo mu karere ka Musanze bakusanyije Miliyoni 3,600,000rwf yo gufasha imiryango itishoboye. Bamwe muri aba bayobozi baganiye na MAMA URWAGASABO TV bavuze impamvu bagize iki gitekerezo cyo kwita ku miryango itishoboye. Uwamariya Betty n’umuyobozi w’ikigo cy’amashuri abanza cya Nyamagumba yagize ati”Murabona ko nk’abayobozi b’ibigo by’amashuri twateguye iyi mikino kugira ngo (…)
Ikipe ya APR FC yatsinze Rayon Sports ibitego 3-0, mu mukino w’umunsi wa karindwi muri shampiyona y’u Rwanda. Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gatandatu kuri stade Amahoro. Ikipe ya APR FC niyo yari yakiye Rayon Sports, amakipe yombi yatangiye umukino yatakana, ariko ku munota wa 26’ umugande Ronald Ssekiganda yaje gufungura amazamu ku mupira waruvuye muri koroneri ahita aterekaho umutwe igitego cya mbere kiba kiranyoye.
Ibyishimo bya APR FC byaje gukomeza ku munota wa 37’ ubwo umunya-Côte (…)
Shampiyona y’u Rwanda igeze ku munsi wayo wa 5, aho imikino iraza gutangira guhera kuri uyu wa Gatanu, imikino y’uyu munsi wa 5 ikazasozwa ku Cyumweru.
Uyu munsi hari imikino ikomeye ibiri, uwa mbere uraza guhuza ikipe ya Gicumbi FC na Gasago United, saa cyenda kuri stade ya Kigali Pele. Undi uraza kuba saa kumi nebyiri n’igice, aho ikipe ya Rayon Sports iraza kuba yakiye Amagaju.
Ku munsi wejo nibwo hazaba imikino myinshi, guhera saa cyenda, ikipe ya Bugesera izakira Muhanga, (…)
Amakuru dukesha ikinyamakuru Ukweli Times nuko Umunyamabanga w’Agateganyo wa FERWAFA, Mugisha Richard, yatangaje ko mu gihe cya vuba RIB iraba yamaze gusinyana amasezerano n’iri shyirahamwe ry’umupira w’amagaru hano mu Rwanda Kugira ngo itangire gukurikirana ibyaha bibera muri shampiyona.
Ni kenshi usanga abakurikira shampiyona y’u Rwanda binubira ibiyikorerwamo, aho usanga hari abahanwa ariko ibyo bakoze ubutaha nabwo bakazabisubiramo. Aha abenshi bashinjwa kwibira amakipe kubera (…)
Umufaransa Zinedine Zidane, yavuze ko agiye kugaruka mu kazi ko gutoza.
Uyu mufaransa Zidane ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru Festival Dello Sport dukesha iyi nkuru, yavuze ko yifuza kuba umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’Abafaransa umunsi umwe.
Hashize iminsi mu matwi y’abantu benshi humvikana inkuru y’uko abafaransa bashobora kuba barumvikanye na Zidane ko yazababera umutoza nyuma ya Didier Deschamps umaze muri iyi kipe imyaka irenga 12, kuko iyi kipe yayinjiyemo muri 2012. Kuva icyo (…)
Umwongereza Jack Wilshere wakiniye Arsenal imyaka 10 agiye gutoza Luton Town FC ikina mu cyiciro cya kabiri mu Bwongereza.
Amakuru y’uko uyu mwongereza yerekeje muri Luton Town, yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Ukwakira 2025.
Iyi kipe ya Luton Town yakinnyeho icyiciro cya mbere mu Bwongereza muri season ya 2023-2024, iza guhita isubira mu cyiciro cya kabiri ni nyuma yo gusoza shampiyona ari iya 18.
Iyi kipe ya Luton Town FC, yashinzwe tariki ya 14 z’Ukwezi (…)
Binyuze mu mikino y’umupira w’amaguru akarere ka Musanze gakomeje gahunda yo kwegera abaturage mu rwego rwo kwimakaza imiyoborere myiza. ---- Mu butumwa bwatanzwe n’umuyobozi w’Akarere ka Musanze Nsengimana Claudien yongeye gushimangira ko nk’abayobozi bafite inshingano yo gukorera umuturage.
Ibi byagarutsweho nyuma y’imikino yahuje abakozi bo ku rwego rw’akarere, abakozi b’imirenge ya Musanze na Muhoza ndetse n’abikorera PSF.
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Nsengimana Claudien yagize (…)
Ikipe ya APR FC yakoze imyitozo ya mbere kuri stade ya Kigali Pele aho izakinira umukino w’amajonjora y’ibanze ya CAF Champions League tariki ya 1 Ukwakira 2025, icyakirana na Pyramids yo mu Misiri. Nk’uko tubikesha ikinyamakuru cy’iyi kipe, iyi kipe yatangaje ko abakinnyi bose bameze neza, uretse umunya Burkina Faso QUATARRA Djibril umaze igihe kinini arwaye.
Umutoza mukuru w’iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu APR FC Taleb Abderrahim, yavuze ko ikipe ye izitwara neza, ibiha icyizere abakunzi (…)
Ikipe ya Real Madrid yaraye itsinze ikipe ya Levante ibitego 4-1 bituma igumana umwanya wa mbere, muri shampiyona ya Espanye.
Mu ijoro ryo kuwa Kabiri, tariki ya 23 Nzeri nibwo ikipe ya Real Madrid yari yakiwe na Levante kuri Estadi Ciutat de València, ku mukino wa wa gatandatu muri La Liga shampiyona ya Espanye, biza kurangira Real Madrid itsinze.
Uwitwa Vini Junior umunya Brazil niwe watangiye afungura amazamu, ku munota wa 28 ku mupira yahawe na kapiteni Valverde, nyuma y’iminota (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.





















