Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Burundi: Abantu 9 bitabye Imana nyuma yo kugwirwa n’icyirombe cya Colta

Monday 20 May 2019
    Yasomwe na

By Imfurayabo Pierre Romeo

Abategetsi mu Burundi kuri iki cyumweru bemeje ko ikirombe cya Colta kiri mu majyaruguru y’iki gihugu cyagwiriye abacukuzi hagapfa icyenda abandi 20 bagakomereka.

Iyi mpanuka yabaye kuwa gatandatu ahitwa Kabarore, abategetsi bavuga ko yatewe n’imvura nyinshi imaze iminsi igwa.

Mu bakomeretse, bane bamerewe nabi cyane mu bitaro, nkuko abategetsi muri aka gace babibwiye ibiro ntaramakuru AFP.

Kugeza kuwa gatandatu, abatabazi bo mu nzego za leta bafatanyije n’abo mu muryango utabara imbabare bari bakigerageza kurokora abagwiriwe n’ikirombe.
Kabarore iherereye mu ntara ya Kayanza mu majyaruguru y’u Burundi kuri kilometero 90 uvuye mu murwa mukuru Bujumbura.

Muri aka gace hari ibirombe byinshi bya Colta - amabuye y’agaciro akoreshwa cyane mu gukora za telefone zigezweho - n’amabuye ya tin na tungsten.
AFP ivuga ko impanuka nk’izi zikunze kuba hano, ariko abayobozi bagasabwa kwirinda kuzitangaza.

Inkuru ya BBC

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru