Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Byaba bibabaje hagize umuntu uzarya muri hoteli zacu agasubirayo ataka mu munda-Guverineri Mugabowagahunde

Wednesday 3 September 2025
    Yasomwe na

Mu gihe habura iminsi mike mu karere ka Musanze hakabera umuhango ngaruka mwaka wo kwita Izina abana b’Ingagi 40 ku nshuro ya 20, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Mugabowagahunde Mourice arasaba abaturage kurushaho kunoza isuku, ndetse bakazakira neza abagera ku bihumbi 10 bateganyijwe kuzitabira uyu muhango uzaba kuwa 5 Nzeli 2025.


Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Mugabowagahunde Mourice.

“Guverineri Mugabowagahunde yagize ati”Muri iki gihe twitegura umuhango wo kwita Izina abana b’Ingagi 40 turasaba buri wese kugira isuku aho atuye by’umwihariko ndongera kwibutsa abikorera bafite amahoteli kuzakira neza abazaza babagana bazakenera ibyo kurya, aho kuryama ibyo byose bizadusigire inyungu kuko byaba bibabaje ugaburiye umuntu amafunguro akegenda ataka mu nda”


Biteganyijwe ko uyu muhango uzitabirwa n’abagera ku bihumbi 10.

Ku ruhande rw’abakora muri serivisi z’amahoteli nabo bavuga ko biteguye, ikindi ngo bakoze inama zijyanye no gukomeza guhugura abakozi babo kugira bazakire neza abashyitsi.


Darius Narambaje General Manager wa Amikus Hotel.

Darius Narambaje ni General Manager wa Hotel Amikus yagize ati”Burya iyo uziko ufite abashyitsi ubitegura neza birushijeho uburyo watangaga Serivisi twiteguye kuzaryamisha abantu neza, bazabona Coffee, bazabona ibiribwa byiza kandi bisukuye neza, ngira ngo twagiye tuganira n’abakozi bacu inshuro nyinshi mu rwego rwo gukomeza kurushaho kuzakira abazaza batugana kuko iyo wakiye neza umukiriye umwe akuzanira abakiriye 10.”


Evariste Murasandonyi Umuyobozi wa Holy Land Resort.

Evariste Murasandonyi n’umuybozi wa Holy Land Resort nawe yagize ati”Umuhango wo kwita Izina dusanzwe tuzi uburyo uhuza abantu benshi mu byiciro bitandukanye nkatwe rero ducuruza serivisi ntabwo twadohotse ahubwo twarushijeho kwitegura neza nidutanga serivisi nziza, igihugu cyacu kizagira isura nziza mu ruhando mpuzamahanga, abashyitsi bazaza kwita izina tubahaye ikaze bazaze bagubwe neza byose biri tayari.”



Guverineri Mugabowagahunde yongeye no kagaragaza ko Ingagi zo muri pariki zifitiye abanyarwanda akamaro aho yavuze ko buri wese akwiye kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima.

Ati”Umusaruro uturuka muri pariki y’Ibirunga murawubona, ndakomeza gushishikariza abaturage kwimakaza isuku ahantu hose, muri uyu muhango turitegura byibuze kuzakira abantu bagera ku bihumbi 10 bazaba bari hano mu karere ka Musanze.”

Kuva uyu mu hango wo Kwita Izina watangira muri 2005 abana b’Ingagi bamaze guhabwa amazina ni 397.

Uyu muhango uteganyijwe kuba tariki ya 5 Nzeri 2025 mu murenge wa Kinigi w’akarere ka Musanze, uhuriza hamwe abantu mu byiciro bitandukanye, abayobozi bakuru b’igihugu ndetse n’ibyamamare bitandukanye.

Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru