Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

CONGO: Umuryango w’abibumbye uratangaza ko indwara y’iseru imaze guhitana abana barenga 100 kuva uyu mwaka watangira

Thursday 14 February 2019
    Yasomwe na

Yanditswe na Romeo Imfurayabo
Umuryango w’abibumbye ku wa gatatu watangaje ko abana barenga 100 bamaze guhitanwa n’indwara y’iseru muri Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo kuva uyu mwaka wa 2019 watangira, indwara ije yiyongera ku byorezo bya cholera na Ebola muri iki gihugu.

Ubutumwa bwo kubungabunga amahoro bw’umuryango w’abibumbye muri Kongo, MONUSCO, butangaza ko abategetsi bo mu rwego rw’ubuzima bo mu ntara zo mu majyepfo ashyira uburasirazuba za Lualaba na Lomami basanze abantu 7175 barwaye iseru mu kwezi gushize kwa mbere.

Muri bo, "abagera ku 137 barapfuye".
Nkuko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru AFP, MONUSCO yavuze ko abarenga 80% by’abo bapfuye ari abana, bari munsi y’imyaka itanu y’amavuko.

Impuguke zivuga ko iyi ndwara y’iseru yatewe n’ibura ry’inkingo, amavuriro adafite ibikoresho bihagije ndetse n’imirire mibi y’urubyiruko.

MONUSCO yongeyeho ko hamaze no kugaragara abantu 1936 barwaye cholera i Katanga, Lomami na Tanganyika, kuva uyu mwaka watangira. Yavuze ko ibura ry’amazi meza yo kunywa, ibikorwa by’isukura n’ubuvuzi, biri gukoma mu nkokora urugamba rwo guhangana n’iyi ndwara ya cholera.

Icyegeranyo cya MONUSCO kigira kiti: "Ntabwo tuvuga cyane kuri ibi byorezo bibiri, [kandi] nabyo birahangayicyishije cyane kandi birica".
Mu mpera y’icyumweru gishize, leta ya Kongo yatangaje ko abantu barenga 500 bamaze guhitanwa na Ebola kuva yakwaduka mu ntara za Kivu y’amajyaruguru na Ituri mu burasirazuba bw’igihugu harangwa umutekano mucye, mu kwezi kwa munani k’umwaka ushize wa 2018.

Umutekano mucye urangwa muri aka gace kamaze imyaka gashegeshwa n’imitwe y’inyeshyamba, watumye ibikorwa byo kuyirwanya bitihuta.
Src/BBC

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru