Mu karere ka Gatsibo abaturage barataka ibura ry’amazi mu murenge wa Rugarama mu kagari ka Matare umudugudu wa Bujumo. Aho bifashisha ikidendezi cy’amazi yaretse aho.
Abaturage twaganiriye batugaragarije ko bugarijwe no kuba umudugudu wabo udafite amazi ibibatera kwifashisha amazi aba yareze mu muhanda nk’uko babivuga.
Uwitwa Gratiene Maniriho yagize ati’’Dukoresha aya mazi areka aha ku rutare kuko mu busanzwe aho amazi twayavoma ni kure cyane’’.
Aba baturage bavuga ko biri kubagiraho ingaruka bityo bagasaba ubuyobozi kubafasha nabo bakabona amazi meza. Undi nawe yagize ati’’Amazi nyine atugiraho ingaruka gusa ntakundi twe icyo twifuza n’uko twahabwa amazi meza’’
Umuyobozi w’akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe ubukungu bwana Sekanyange Jean Leonard amara aba baturage impungenge ko nabo baza kwegerezwa amazi meza vuba.
Yagize ati’’Hari imishinga dufite turi kubaka izatanga amazi ku baturage batuye mu murenge wa Rugarama kandi naho ni muri uyu murenge ubwo tuzabagezaho amazi nabo’’.
Muri gahunda igamije iterambere y’imyaka 5 NST2 Leta y’u Rwanda yiyemeje ko bitarenze 2030 buri mu tura Rwanda azaba agerwaho n’amazi meza ndetse n’umuriro. Mu karere ka Gatsibo gahunda yo kwegereza abaturage amazi meza igeze kuri 76.3%.





















