Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Impamvu u Rwanda rugiye gukingira COVID-19 abana

Sunday 18 September 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Mutungirehe Samuel

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko igiye gutangira gukingira COVID-19 ikiciro cy’abana, bafite imyaka kuva kuri 11 kumanuka kugera kuri 5 y’amavuko.

Byatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubuvuzi Rusange muri MINISANTE, Dr. Mpunga Tharcisse, asobanurira abanyarwanda impamvu bageze kuri iki cyiciro.

Yabwiye Radio Rwanda ko "Gukingira abana ni ingirakamaro, kuko ukingira kugira ngo ugire ubudahangarwa ku ndwara."

Dr. Mpunga yasobanuye ko inkingo zizakoreshwa ni inkingo zihariye, zigenewe abana, ’si kuri buri wese’, bitandukanye n’izindi zari zisanzwe zikoreshwa ku bindi byiciro.

Abana bazakingirwa ni ukuva ku myaka 5 kugeza ku myaka 11 kuko abafite imyaka 12 bahawe inkingo zisanzwe.

Ishami rigenga ibyo kurya n’itangwa ry’imiti muri U.S ry’ikigo gishinzwe gukumira no kurwanya ibyorezo (CDC) rihetse kwemeza inkingo ebyiri za COVID -19 ku bana.

Urukingo Pfizer BioNTech COVID-19 ruhabwa abana kuva ku mezi atandatu kugeza ku myaka 5, kandi tugatangwa mu byiciro bitatu. Urukingo rwa Moderna narwo ruhabwa abana kuva ku mezi atandatu kugeza ku bafite imyaka itarenga itandatu kandi tugatangwa mu byiciro bibiri.

Abashakashatsi baracyagenzura ngo barebe niba abana bazakenera urukingo rwo gushimangira.

N’iyo umwana yaba yarigeze kurwara COVID-19 aba agomba kuzuza inkingo za COVID-19 kugira abe arinzwe icyo cyorezo.

Kugeza ubu mu Rwanda abari hejuru y’imyaka 12 bafashe inkingo ebyiri za COVID19 ni 99%, abarengeje imyaka 18 bafashe urukingo rwo gushimangira bari hejuru ya 70%, mugihe abafashe urukingo rwa kabiri rwo gushimangira bageze kuri 30%.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru