Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Musanze: Hari ingaruka ku rubyiruko rutaganirijwe ku buzima bw’imyororokere

Saturday 25 September 2021
    Yasomwe na

Urubyiruko rwo mu kigo cy’urubyiruko cya Musanze rutangaza ko bamaze kubona ko urubyiruko rutaganirijwe ku buzima bw’imyororokere bibagirho ingaruka zitandukanye zirimo kurwara indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsinda, gutwara inda zidateganyijwe no kwanduzwa Virusi itera SIDA.

Uwajeneza Joyeuse w’imyaka 24 ukora mu kigo cy’Urubyiruko cya Musanze yatangaje ko iyo umwana ataganirijwe ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere haba harimo ikibazo cyo kuba yatwara inda zitateganyijwe cyangwa akandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina nka Mburugu, Imitezi naVirus itera SIDA.

Yagize ati “Guhera ku myaka itanu, umwana akwiriye kuganirizwa ku buzima bw’imyororokere, hagati y’imyaka cumi n’itanu na cumi n’itandatu umwana w’umwangavu akwiriye gukangurirwa ku buzima bw’imyororokere”.

Umunyana Jeanine umuyobozi wungirije ushinzwe imishinga mu Kigo cy’Urubyiruko cya Musanze yemeje ko akenshi mu miryango badakunze kwigisha abana ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere bityo bikagira ingaruka ku buzima bwabo.

Akomeza avuga ko hari amakuru atariyo atangwa ku bana b’abakobwa bikabaviramo kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Yagize ati “Ni byiza ko umuntu amenya ubuzima bwe akamenya n’uko yitwara akirinda amakuru akura ahandi.

Nkiri muto bambwiraga ko kugira ngo umukobwa akire ibishishi byo mu maso agomba gukora imibonanano mpuzabitsina, ni byiza kubimenya, wakora n’imibonano mpuzabitsina ukaba ubizi atari ugushukwa”.

Umunyana yakomeje avuga ko buri kwezi bakira urubyiruko rugera kuri 300 ruri hagati y’imyaka 18 na 30.

Uyu mukobwa avuga ko abo bakira ari bake cyane agereranyije n’urubyiruko ruri mu Karere ka Musanze, bityo ko benshi ari bo badafite amakuru ahagije ku buzima bw’imyororokere, ari yo mpamvu bagirwaho ingaruka nyinshi kubera ubumenyi buke.

Bamwe mu bo ikigo cy’Urubyiruko cya Musanze cyakira harimo abakobwa 37 batewe inda zidateganyijwe bakabaha inama zibafasha kutongera kuterwa inda zidateganyijwe no guhabwa ubumenyi butuma babasha kwibeshaho.

Muganga Jacqueline Mureshyankwano ukorana n’Ikigo cy’Urubyiruko cya Musanze, yatangaje ko urubyiruko nta makuru ahagije rufite bityo bigatuma rwishora mu mibonanompuzabitsina ruzi ko bigiye kuruhindurira ubuzima.

Yagize ati “Ikibazo gikomeye urubyiruko rufite ni ukudasobanukirwa n’ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere bigatuma bibagiraho ingaruka”.

Ubushakashatsi bwakozwe na RPHIA muri 2018-2019 bwerekanye ko Virus itera SIDA yibasiye cyane abangavu kuruta abahungu.

Ubu bushakashatsi bwerekanye ko mu bafite imyaka hagati ya 10 na 14 mu bahungu ari 0,3 ku ijana mu gihe abakobwa ari 0,5, mu bafite imyaka 15 na 19 abahungu ni 0,4 abakobwa ni 0,8 ku ijana naho mu bafite imyaka 20 na 24, abahungu ni 0,6, abagore bikaba 1,8.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru