Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Perezida Buhari yihanije abarimu baka ruswa y’igitsina

Thursday 6 October 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Perezida wa Nigeria, Muhammadu Buhari yagaragaje ko ruswa y’igitsina yeze muri kaminuza hagati y’abarimu n’abanyeshuri baba bashaka amanota.

Yabigarutseho ubwo yatangizaga inama yiga ku kurwanya ruswa mu nzego za Leta.

Yavuze ko abizi neza ko muri kaminuza zo muri iki gihugu harimo ruswa y’igitsina imaze gufata indi ntera kugeza n’aho abanyeshuri batangiye kuyihimba amazina atandukanye.

Ati “Hari ikibazo cya ruswa aho utanga amafaranga bakaguha amanota cyangwa ugatanga ruswa y’igitsina, iyo ni imyitwarire ihabanye n’amategeko agenga ibizamini.”

Perezida Buhari yakomeje avuga ko inzego bireba zikwiriye guhagurukira ikibazo cya ruswa y’igitsina ndetse ababigiramo uruhare bakagezwa imbere y’ubutabera.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru