Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasabye ibihugu bitandukanye gufasha kurinda inzira y’ingenzi y’amato ya peteroli izwi nka Strait of Hormuz mu gihe amakimbirane akomeje hagati ya Iran, Israel ndetse na USA. Iyi nzira kandi inyuramo hafi 20% by’amavuta n’ingufu bikoreshwa ku isi, bigatuma iba ingenzi cyane mu bucuruzi mpuzamahanga.
Trump yavuze ko Amerika yamaze kuvugana n’ibihugu birindwi hagamijwe gushyiraho ubufatanye bwo kurinda amato no kongera gufungura iyi (…)
By Imfurayabo Pierre Romeo Perezida Paul Kagame, Madamu Jeannette Kagame n’abandi banyacyubahiro batandukanye baraye bifatanyije n’abanyarwanda mu rugendo “walk to remember” n’ijoro ryo kwibuka ryabereye kuri Stade Amahoro ndetse bitabiriye n’ijoro ryo kwibuka.
Nyuma yo kuvuga ijambo ritangiza cyo Kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe abatutsi,Nyakubahwa perezida wa Repubulika Paul Kagame n’amadamu we ndetse n’abandi banyacyubahiro bifatanyije n’abanyarwanda mu rugendo rwo kwibuka (…)
By Imfurayabo Pierre Romeo Sandrine Isheja n’umugore w’imyaka 31 afite umugabo n’umwana umwe w’umuhungu, uyu yamenyekanye cyane mu kiganiro Sunday night kuri Radio Isango star, ikiganiro cyamuhaye igikundiro gikomeye.
Sandrine yanyuze ku maradiyo atandukanye arimo Radio Salus, Isango Star ubu ari kuri Kiss Fm
Abinyujije ku rukuta rwe rw’Instagram yageneye ubutumwa Se wishwe muri Jenoside agaragaza n’ishavu atewe no kuba batarabona umubiri we ngo bamushyingure mu cyubahiro.
Sandrine (…)
by Nuwamanya Amon Bernard
Munzego zitandukaye zitanga serivisi zaba izigenga cyangwa iza leta haracyagaragara imbogamizi mu gufasha abafite ubumuga cyane cyane abari n’abatega rugori.
Ni munama y’iminsi ibiri yateranye kuva kuri uyu wa kane taliki 4 mata ho mu karere ka kicukiro ihuje bamwe mu bagore n’abakobwa bafite ubumuga butandukanye, bibumbiye mu Muryango nyarwanda w’abagore n’abakobwa bafite ubumuga (UNABU), baganira ku ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa bafite ubumuga. (…)
Mu murenge wa Janja mu kagari ka Gacyindo hari ikibazo cy’amashanyarazi ugasanga abagore n’abagabo batumvikana bitewe nuko abagore bajya gukoresha imisatsi kure yaho batuye baza bagasanga abagabo babakingiranye, n’abagabo iyo bagiye gushaka umuriro wo muri terefone abagore babo bavuga ko babaharitse (bafite abandi bagore) .
Abaturage bavuga ko amacyimbirane yo mu muryango aterwa n’impamvu nyinshi none hiyongereyeho niyo kujya gushaka umuriro kuko iyo bavuye mu kagari ka Gacyindo abashaka (…)
By Imfurayabo Pierre Romeo Uwigeze kuba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bufaransa, Bernard Kouchner, yanenze kuba Perezida w’igihugu cye, Emmanuel Macron atazitabira ubutumire yahawe n’u Rwanda mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi. Ku wa 07 Mata 2019, u Rwanda ruzifatanya n’Isi mu gikorwa ngarukamwaka cyo kwibuka inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994. Muri uyu mwaka ni igikorwa kigiye kuba ku nshuro ya 25.
U Rwanda rwari rwahaye (…)
By Imfurayabo Pierre Romeo Ushobora kuvuka abantu benshi bibaza imikurire yawe uko izagenda, yewe n’abavandimwe bikabayobera ababyeyi bakabifata nk’igihombo, ariko Imana ni yo iba izi imigambi izanye umuntu ku isi ibyo azakora n’ibyo azahindura muri rubanda nyamwinshi.
Wavukana ubumuga cyangwa se utabufite, uyu we yitwa Jyoti Kisange Amge ukimubona wibaza byinshi kuri we no ku ndeshyo ye. Mu mwaka wa 1993 mu gihugu cy’Ubuhinde ni bwo havutse umukobwa Jyoti Kisange Amge avukana uburwayi (…)
By imfurayabo Pierre Romeo Amakuru yatangiye kumenyekana y’ibihe bya nyuma by’indege ya kompanyi ya Ethiopian Airlines yo muri Ethiopia yakoze impanuka mu byumweru bitatu bishize.
Uburyo bubuza indege guhagarara hamwe bw’iyi ndege yo mu bwoko bwa Boeing 737 Max, buvugwa ko ari bwo bwabaye intandaro y’iyo mpanuka yaguyemo abantu 157 bose bari bayirimo. Iyi ndege yakoze impanuka imaze iminota 6 gusa ihagurutse ku kibuga cy’indege Iyo ndege yari imaze amezi ane gusa ikora, yavaga mu murwa (…)
By Imfurayabo Pierre Romeo Zuzana Caputova wiyamamazaga ashyize imbere kurwanya ruswa ni we watsinze amatora ya perezida muri Slovakiya, akaba abaye Perezida wa mbere w’umugore mu mateka y’iki gihugu giherereye rwagati ku mugabane w’Uburayi.
Mu matora y’icyiciro cya kabiri, Madamu Caputova, urebye usa nk’udafite inararibonye muri politiki, yatsinze Maros Sefcovic, impuguke mu mibanire y’ibihugu (umu-diplomate), wari watanzwe nk’umukandida n’ishyaka riri ku butegetsi. Yiyamamaje avuga ko (…)
By imfurayabo Pierre Musoni Jackson, Umunyarwanda wapfiriye mu mpanuka y’ Indege ya Ethiopian Airlines, umuryango we watanze ikirego mu butabera bwa Leta zunze ubumwe za Amerika.
RBA yatangaje ko uyu muryango wareze ‘Boeing,’ Kampani y’ Abanyamerika yakoze indege ya 737 Max 8, uvuga ko iyi ndege yari ifite ikibazo gituruka ku buryo yakozwe.
Iyi ndege ya Boeing 737 Max 8 yakoze impanuka ku Cyumweru tariki 10 Werurwe 2019 ubwo yari ihagurutse muri Ethiopia yerekeje muri Kenya. Mu bantu 157 (…)
By imfurayabo Pierre Umurambo wa Mukarugwiza Elizabeth w’ imyaka 38 wapfiriye ku mupaka w’ u Rwanda na Uganda mu gitondo cyo ku wa Gatatu washyinguwe ejo ku wa Kane umugabo we Dan Hakizimana avuga ko yababajwe n’ ibyo yise ibinyoma byatangajwe na Uganda ku rupfu rw’ umugore we.
Inkuru dukesha ukwezi.rw ivuga ko Nyakwigendera yashyinguwe hafi y’ urugo rw’ umuryango we mu kagari ka Nyonirima , Umurenge wa Kinigi mu karere ka Musanze mu Ntara y’ Amajyaruguru.
Mukarugwiza yituye hasi ku (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.



















