Mutungirehe Samuel
Ikigo cy’igihugu cy’Ubuzima RBC, cyatangaje ko iminsi umurwayi wa COVID-19 yamaraga mu kato mu rugo igiye kujya iba 7 aho kuba 10 nk’uko byakorwaga.
Ubusanzwe amabwiriza yagenderwagaho yavugaga ko urwaye COVID-19 yishyira mu kato k’iminsi 10 yiyitaho, akurikiza inama yagiriwe na muganga bigatuma atanduza n’abandi.
Ubu amabwiriza mashya avuga ko urwaye covid-19 ariko yarakingiwe agomba kwishyira mu kato k’iminsi 7, no ukuvuga icyumweru kimwe, akazavamo ari uko apimwe agasanga yarakize, nta virusi ikigaragara mu mubiri we.
Iki kigo RBC na Minisiteri y’ubuzima muri rusange bakomeza gusaba abantu kwikingiza byuzuye ndetse bagafata n’urukingo rwo gushimangira kuko byagaragaye ko bigabanya ibyago byo kwandura cyangwa kurembywa na COVID-19 igihe cyangwa guhitanwa nayo igihe yaba igufashe.





















