Abaturage 52 bo mu Karere ka Rwamagana bamaze iminsi bari mu bitaro bazira kunywa ku kigage gihumanye, bakinywereye mu muryango wari washyingiye umukobwa.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Munyaga, Mukashyaka Chantal, yemereye Muhazi yacu dukesha aya makuru ko ari impamo, avuga ko ariko bamwe batangiye gusezererwa mu bitaro.
Yagize ati: “Yego hari abaturage 52 banyweye ikigage kuwa Gatandatu kibagwa nabi bajyanwa kwa muganga, birakekwa ko amasaka yakoreshejwe yari arimo umuti usanzwe wifashishwa mu guhungira imyaka.”
Mukashyaka yavuze ko abo baturage nyuma yo kugezwa ku kigo nderabuzima cya Munyaga abandi bajyanywe kurwarira mu Bitaro bya Rwamagana, kuri ubu bakaba batangiye kubasezerera nyuma yo kumera neza.
Uyu muyobozi yirinze gutangaza umubare w’abamaze gusezererwa gusa avuga ko bose uko ari 52 batangiye gukira nta we ugifite ikibazo gikomeye cyo kuribwa mu nda.
Yasabye abaturage kujya bitondera ibyo banywa, bakajya babanza kureba ko byujuje ubuziranenge.





















