Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Perezida wa Turukiya, Recep Tayyip Erdogan, yashinje ibihugu by’Uburengerazuba bw’Isi byibumbiye mu muryango w’Ubutabazi wa (NATO), kwendereza no gushotora Uburusiya.
Mu rugendo yagiriye i Belgrade muri Serbia tariki ya 7 Nzeri 2022, agiye guhura na Perezida wa Serbia, yavuze ko ibihugu by’Uburengerazuba, ubu nta kindi bihugiyemo usibye gushotora Uburusiya.
Yongeyeho ko mbere hose yabwiye bino bihugu ko ibihano by’ubukungu byafatiye Uburusiya bizabyirengera ubwabyo, byumwihariko ku kibazo cya Gaz ituruka mu Burusiya.
Yagize ati: ”Nta gisubizo muzakura muri ibi. Ntago mugomba gufata Uburusiya nk’igihugu cyoroheje. Uburusiya bufite Gaz yabwo ihagije kandi ngira ngo mwabonye uburyo ibiciro byayo byazamutse mu Burayi kuva mwabufatira ibihano, none ubu muri kwibaza uko bizagenda mu gihe cy’ubukonje cyegereje.”
Perezida Erdogan yakomeje aburira ibihugu by’Uburengerazuba ko nibishaka gutera Uburusiya byose hamwe icyarimwe, Uburusiya buzakoresha intwaro zabwo zose zishoboka, anongeraho ko buzifite ku bwinshi.
Turukiya ni kimwe mu bihugu bigize umuryango wa Nato, ariko kitigeze gikurikiza cyangwa ngo cyubahirize ibihano by’ubukungu uno muryango wafatiye Uburusiya.




















