Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Uganda: Abantu 34 bishwe na Covid-19 mu munsi umwe, ibyuma bitanga umwuka byabuze

Friday 18 June 2021
    Yasomwe na

Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda ikomeje kugaragaza ubwiyongere bukabije bw’abandura Coronavirus mu gihe abahitanwa n’iki cyorezo kubera ikibazo cyo kubura umwuka nabo bari kwiyongera aho kuri uyu wa Kane babaye 34.Itangazo ryo ku wa 15 Kamena 2021, rigaragaza ko mu masaha 24 yari ashize handuye abantu bashya 1.584 bituma umubare w’abamaze kwandura bose muri Uganda ugera kuri 67.215.

Iyi mibare ya Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda igaragaza ko abari kwandura Covid-19 muri iki gihe bari ku kigero cya 14,6%.

Kuva icyorezo cyagerayo hamaze gufatwa ibipimo 1.228.618,birimo 10.816 byo ku wa 15 Kamena.

Muri Uganda hamaze gutahurwa ubwoko bushya bw’agakoko ka Coronavirus buzwi nka ‘Delta Plus, inzego z’ubuzima zikomeje kugaragaza ko hari ikibazo cyo kubura ibikoresho birimo ibyuma bifasha abarwayi b’iki cyorezo guhumeka.

Ku rundi, Minisiteri y’Ubuzima muri Kenya yatangaje ko ku wa 17 Kamena 2021, abantu bashya 660 banduye Coronavirus basanzwe mu bipimo 6.176 byafashwe mu gihugu hose mu gihe cy’amasaha 24.

Muri rusange iki gihugu kigaragaza ko abandura bageze ku gipimo cya 10,7%. Abamaze kwandura bose kuva icyorezo cyagera muri Kenya ni 177.282 mu gihe muri iki gihugu hamaze gufatwa ibipimo 1.887.636.

Mu duce nka Siaya hagaragayemo abarwayi bashya 123, muri Kisumu haboneka 102 mu gihe mu Mujyi wa Nairobi habonetse abarwayi bashya ba Coronavirus 78.

Abamaze guhitanwa na Covid-19 muri Kenya ni 3.434 ubariyemo na batandatu bapfuye ku wa 17 Kamena.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru