Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Umunyeshuri w’umukobwa wiga mu mwaka wa karindwi mu mashuri abanza yateranyije abasore babiri bararwana nyuma yo kubabwira ko abakunda birangira bicanye bose.
Byatangiye igihe umusore witwa Dickson Okiror, w’imyaka 28, yasangaga uwo mukobwa batashatse gutangaza amazina ye, arikumwe n’undi musore witwa Umar Anapa w’imyaka 29, bari gusangirira ahantu ku cyumweru gishize.
Dickson, yaketse ko uwo mukunzi we afitanye umubano udasanzwe na Anap, batangira guterana amagambo, buri umwe avuga ko ari umukunzi we.
Dickson aba yadukiriye Anapa bararwana amukubita ingumi nyinshi, amusiga yataye ubwenge mbere yuko abandi batabara.
Dickson, yamutaye aho ahita yigendera undi we ari kurwana n’ubuzima aho. Nyuma yaje gutabarwa ajyanwa mu bitara bya Ngora Fred, nubwo nubundi ntacyo byatanze, byarangiye ahasize ubuzima.
Urupfu rwa Anap, rwateje ikibazo cyane cyane kubo mu muryango we, maze bahitamo kujya guhiga uwo musore Dickson aho atuye. Bamusanze munzu ye mu mujyi wa Ngora baramukubita bamusiga nawe ari muri coma.
Nyuma nawe yajyanywe mu kigo nderabuzima cya Ngora IV, gusa nawe yaje kwicwa n’ibikomere.
Umuvugizi wa polisi, Oscar Gregg Ageca, yemeje ibyabaye.
Yanavuze ko aba basore bapfuye bari inshuti banakorera ahantu hamwe aho bapakiraga imizigo mu modoka. Yanavuzeko uwo mukobwa w’abo basore bombi atari yujuje imyaka y’ubukure gusa ngo yahise atoroka, ariko iperereza rigikomeje nk’uko Daily Monitor dukesha iyi nkuru ibitangaza.
Sheikh Mohammed Opolot, mu gihe yari arimo asenga ku munsi bashyinguraga Anap ku wa mbere yagiriye inama abagore n’abakobwa.
Ygize ati: “Mwabasore mwe mutabifata nk’imikino, niba uri mu rukundo ukomezanye n’umuntu umwe kandi mushyingirwe mu buryo mushaka.”






















