Friday . 17 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Imodoka ya Perezida Zelensky yakoze impanuka

Thursday 15 September 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Imodoka yari itwaye Perezida Zelensky wa Ukraine yakoze impanuka ubwo yarimo atembera mu Mujyi wa Kiev.

Ni impanuka yabaye mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira ku wa Kane.

Umuvugizi wa Perezida Zelensky, witwa Sergii Nykyforov, yemeje aya makuru.

Yavuze ko imodoka ya Perezida yagonzwe n’imodoka nto yinjiye mu murongo w’izindi ziherekeza Perezida.

Sergii Nykyforov, yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters bikimara kuba ko Perezida Zelensky atigeze akomereka nk’uko yaje no kubyandika kuri Facebook ako kanya.

Yagize ati “Perezida yasuzumwe n’Umuganga, nta gikomere kidasanzwe yasanze afite.”

Umuvugizi wa Zelensky yavuze ko umushoferi wagonze imodoka ye yakomeretse.

Ntiyagaragaje igihe impanuka yabereye areki yavuze ko ubuyobozi bukora igenzura neza bukamenya icyatumye iriya modoka yinjira mu murongo w’iziherekeza Perezida.

Yavuze ko umushoferi wagonze imodoka ya Perezida yitaweho n’abaganga bari bamuherekeje.

Nyuma y’itangazo ry’Umuvugizi wa Perezida wa Ukraine, nk’uko bisanzwe Perezida Volodymyr Zelensky yahise ashyira hanze ubutumwa bwa video akunze guha abaturage buri munsi bijyanye n’intambara Ukraine irimo n’Uburusiya, ntiyavuze iby’iyo mpanuka.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru