Abacururiza mu isoko rihereye mu murenge wa Gacaca w’akarere ka Musanze baravuga ko babangamiwe no kunyagirwa ndetse n’izuba bitewe nuko ritubakiwe. Abaganiye na Mamaurwagasabo.rw bavuze ko kuba iri soko ritubakiwe bibateza igihombo gikomeye.
Umwe muri aba bacuruzi witwa Munyengabe Jean D’amour yagize ati”tubagamiwe no kunyagirwa n’izuba bitewe nuko aha dukorera hatubakiye, utundi dusantere baratwubaka ariko hano turi mu bwigunge dukeneye ko mudukorera ubuvugizi tugakorera ahantu heza.” (…)
MUTUNGIREHE SAMUEL
Mu gihe abanyarwanda batandukanye bataka ingaruka z’icyorezo cya COVID-19 yagize ku bikorwa byabo n’imibereho ya buri munsi, Muteteri Lestuda umubyeyi ukora ubucuruzi bucururutse bwo gushaka amaramuko mu mudugudu wa Isangano mu kagari ka Karenge ko mu murenge wa Kibungo mu karere ka Ngoma, avuga ko yagerageje gucuruza ibyo kurya muri corona ariko abaguzi bakabura amafaranga yo guhaha bimwe bikamuborana ibindi akabikopa bimusubiza inyuma.
Mu kiganiro n’umunyamakuru wa (…)
By Imfurayabo Pierre
Abatuye ku kirwa cya Nkombo bavuga ko nubwo gahunda ya Guma mu rugo iri kubafasha kwirinda icyorezo cya Covid-19, yatumye babura uko bagera ku isoko kuko ntaryo bagira ku kirwa cyabo.
Nkombo igizwe n’ubutaka butera, buzengurutswe n’amazi bigatuma imibereho yaho isaba ubuhahirane n’indi mirenge, kugirango babashe kubona ibicuruzwa cyane cyane ibyo kurya, kuko nta soko rusange rihari, n’udusoko duto duhari dukora tuvanye ibicuruzwa mu masoko yo mu yindi mirenge. (…)
By Imfurayabo Pierre
Muri iyi minsi turimo usanga benshi bakora neza ndetse bagakorana umuhate mu byo bakora akenshi ariko ugasanga batagera kuyo baba bashaka kugeraho aha twavuga ubutunzi cyangwa ubukire dore ko ahanini aribwo tuba duharanira, Abantu benshi ubu bamaze kwiheba kubera gutsindwa n’ubuzima, umubare mwinshi w’urubyiruko wamaze kwiheba maze ufata umwanzuro wo kwishora mu biyobyabwenge kubera gutsindwa n’ubuzima.
Urubuga Entrepreneur.com rutanga inama aho zimwe mu mpuguke mu (…)
By Imfurayabo Pierre
Abadepite bagaragaje ko mu mafaranga yateganyirijwe ingengo y’imari y’umwaka utaha uzatangirana na Nyakanga 2020, harimo icyuho ku buryo hari ibikorwa 61 byateganyijwe bitazabasha gukorwa, basaba ko hashakwa ibisubizo bikwiye.
Kuri uyu wa Gatanu nibwo Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo by’Igihugu yagejeje ku Nteko Rusange y’umutwe w’abadepite, raporo ku isesenguraga ry’imbanzirizamushinga y’itegeko rigena ingengo y’imari ya leta y’umwaka wa 2020/21.
Perezida (…)
By Imfurayabo Pierre
Birashoboka ko waba ukunda kunywa Fanta nka kimwe mu binyobwa biryoha kandi biboneka henshi ku Isi, ukaba utazi inkomoko yayo. Si ishyano ryaba riguye kuko byinshi mu byo tugaburira imibiri yacu bitugeraho tutazi aho byaturutse, uwabiteguye, ndetse rimwe na rimwe ntitugira amatsiko ahagije yo kumenya ibinyabutabire bibigize.
Abakunzi benshi b’ibinyobwa bidasembuye bazakubwira ko bakunda ‘Coca Cola’, cyane ko ari yo isa n’iyigaruriye Isi mu myaka myinshi ishize. (…)
By Imfurayabo Pierre
Inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Mbere, yemeje Umushinga w’Itegeko rishyiraho Ikigo gishinzwe Iby’Ikirere mu Rwanda, bigaragaza intambwe ikomeje guterwa n’u Rwanda mu kurushaho guteza imbere ibijyanye n’ikirere.
Ni igikorwa kibaye nyuma y’amezi make u Rwanda rwohereje mu kirere icyogajuru cyarwo cya mbere, RWASAT 1, cyakozwe ku bufatanye n’ikigo cyo mu Buyapani gishinzwe iby’ikirere, JAXA. Ni icyogajuru gito mu bwoko bw’ibizwi nka CubeSats.
Minisitiri (…)
100 teen mothers graduated in Vocational Training skills in tailoring. The event took place in Kamabuye Sector, Bugesera district on 28th January, 2020.
Huawei, Ikigo ku isonga mu gutanga serivise z’ikoranabuhanga mu itumanaho n’ibikorwaremezo rwashyizeho urukururiye ku rwego rw’igihugu Bwana Yang Shengwan, n’umuyobozi Mukuru w’ibikorwa byayo mu Rwanda.
Bwana. Yang Shengwan akaba asimbuye Bwana. Xiong Jun, akaba afite uburambe mu kazi bw’imyaka ikabakaba umunani, akaba kandi yaranakoraga mu yanya y’ubuyobozo bukuru, mu bihugu nka. Ubushinwa, Kenya na Uganda.
Madamu Lina Caro, Ushinzwe ubuvugizi mu Kigo Huawei Rwanda, yemeza ko Bwana (…)
Ubuyobozi bw’impuzamashyirahamwe y’amakoperative atwara abagenzi (RFTC) buvuga ko bwakoze amavugurura arimo kugabanya umutungo yari yarashoye muri Kompanyi ya Jali Investment ugasaranganywa amakoperative ayishamikiyeho mu rwego rwo guharanira iterambere ryayo mu buryo bwihuse.
Umuyobozi wa RFTC, Nsengiyumva François avuga ko impinduka zakozwe ziri mu nyungu z’amakoperative kugira ngo arusheho kunoza imikorere yayo kandi ateze imbere abanyamuryango.
Ati “Iri vugurura mu mikorere yacu (…)
Yashyizweho na Imfurayabo Pierre Romeo
Jenoside yakorewe Abatutsi ni igice gikomeye cy’amateka atazibagirana mu Rwanda kuko uretse gutakaza abantu barenga miliyoni imwe, izindi ngeri zibumbatiye imibereho y’igihugu zasandaye, ubukungu bukangirika ku buryo byasabye imbaraga nyinshi ngo igihugu gisubire ku murongo.
Mu 1994 ubukungu bw’u Rwanda bwari bugeze aharindimuka icyo gihe izamuka ryabwo ryasubiye inyuma kuri -41.9%, ibi binagira ingaruka ku musaruro mbumbe w’umuturage ku mwaka kuko (…)
Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica
24 February 2026, by Chadadi Habimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.

























