Abacururiza mu isoko rihereye mu murenge wa Gacaca w’akarere ka Musanze baravuga ko babangamiwe no kunyagirwa ndetse n’izuba bitewe nuko ritubakiwe. Abaganiye na Mamaurwagasabo.rw bavuze ko kuba iri soko ritubakiwe bibateza igihombo gikomeye.
Umwe muri aba bacuruzi witwa Munyengabe Jean D’amour yagize ati”tubagamiwe no kunyagirwa n’izuba bitewe nuko aha dukorera hatubakiye, utundi dusantere baratwubaka ariko hano turi mu bwigunge dukeneye ko mudukorera ubuvugizi tugakorera ahantu heza.” (…)
Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Abaturage bo mu Burengerazuba bw’umugezi wa Nili, mu ihembe rya Afurika, bahangayikishijwe n’inzara muri ako gace, ibyo byabaye nyuma y’inkubi y’umuyaga bise umuyaga wumisha uvanze n’imvura wumishije imyaka wibasiye ako gace.
Ibihingwa byibasiwe cyane harimo ibigori, ubunyobwa, ibishyimbo n’imyumbati gusa ibyo byibasiye uturere dutandukanye cyane ni Terego, Yumbe, Obongi, na Rhino. Bwana John Aciga, utuye mu Mujyi wa Obongi, yavuze ko imyaka yumye ku buryo (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Link wakuraho ikiganiro cyose:
https://www.youtube.com/watch?v=JZC9cW72FFc&ab_channel=MAMAURWAGASABOTV
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga wibihugu bikoresha Igifaransa Louise Mushikiwabo yasabye abikorera mu biri uriya muryango kuyoboka isoko ry’u Rwanda bakarishoramo imari kuko hakiri byinshi byo kubyaza umusaruro.
Mushikiwabo yabitangarije mu kiganiro ku bucuruzi, ishoramari n’ubukungu cyabereye i Kigali gihuje abashoramari na ba (…)
Yanditwse na NIMUGIRE Fidelia
Ubudage bwashinje kompanyi ya gaze (gas) y’Uburusiya Gazprom kuba intandaro y’izamuka ry’ibiciro bya gaze kubera kugabanya cyane ingano y’ibyo yoherezayo.
Gazprom yavuze ko irimo gutuma gaze yohereza mu Budage itagera kuri metero kibe (cube) miliyoni 70 ku munsi, ikigero kiri munsi cyane ya kimwe cya kabiri cy’iyo isanzwe ihohereza.
Iyi kompanyi yo yavuze ko impamvu yatanze ari uko ishaka gusana no gusukura ibikoresho byayo byo mu muyoboro unyuramo gaze wa (…)
Ubutegetsi bw’Intara ya Kivu y’Amajyepfo bwahagaritse ubucuruzi bw’inyama ziva mu Rwanda no mu Burundi nyuma yuko hadutse icyorezo kirimo kwibasira amatungo uyariye kikaba cyamuhitana.
Iki cyemezo Kivu y’Amajyaepfo yegereye u Burundi igifashe nyuma yuko yumvise i Bujumbura bavuze ko icyorezo cy’Umuriro mwinshi mu matungo, Fievre Jaune, cya Lift valley gifata amatungo kigeze mu Burundi.
Vincent Muhigirwa Sangwa ushinzwe iby’amatungo, uburobyi n’ubuhinzi yavuze ko iyo ndwara ikwirakwira (…)
Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Umuyobozi Mukuru w’Ishuri rya Ines Ruhengeri Frere Dr. Fabien Hagenimana ahamya ko gushyira imbere gutanga igipapuro cy’impamyabushobozi nyiracyo nta bumenyi afite ari kimwe mu bishobora kudindindiza uburezi bufite ireme.
Yabivuze ubwo iri shuri rikuru ry’ubumenyingiro ryatangaga impamyabushobozi ku banyeshuri 61 basoje amasomo y’igihe gito (Short course) mu bijyanye n’ikoranabuhanga( ICT) bakaba bari bamaze amezi atandatu bahabwa aya masomo .
Bamwe (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Mu mugi wa Kigali hagiye kujya hagaragara abagore n’abakobwa bagera ku 120 bari mu kazi ko gutwara abantu n’ibintu kuri moto zikoresh amashanyarazi, mu mwuga w’ikimotari, bahawe ku bufatanye bw’Umujyi wa Kigali n’Ikigo Safi Universal Link mu rwego rwo guteza imbere ubuzima bw’umugore n’umukobwa.
Ni abakobwa n’abagore bafashijwe kwiga moto no kuziteranya, kuzikanika muri gahunda y’umushinga Women Initiative Entrepreneurship.
Ku ikubitiro abagore 25 aribo (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri yisumbuye batangaza ko bamaze gusobanukirwa ibyiza byo guhitamo kwiga amashami ya tekenike, Ubumenyingiro n’Imyuga (TVET), ahanini barebeye ku buryo kubona akazi bihagaze ku isoko ry’umurimo, bagasanga uwize imyuga kubona akazi cyangwa kugahanga byoroshye.
Ni ibitekerezo bya bamwe mu baganiriye na Mamaurwagasabo ubwo abakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Tekiniki, Imyuga n’Ubumenyingiro TVET babasobanuriraga ibyiza byo (…)
Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Ikawa ni kimwe mu bihingwa ngengabukungu u Rwanda rurambyemo mu bicuruzwa byoherezwa hanze byinjiriza igihugu amadovize akagera no ku muhinzi wibereye iyo mu nguzi enye z’igihugu.
Ku bahinzi ba Kawa no mu karere ka Kirehe, mu gice kizwi nko mu Gisaka, by’umwihariko mu mirenge ya Gatore na Musaza, bavuga ko ikawa yahinduye ubuzima bwabo, bamwe biyukabiye inzu abasore binjiza amafaranga ndetse n’abakobwa yababereye inzira yo kwikura mu bushomeri kubera (…)
Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwaremezo kwihutisha gushaka umuntu wese wagize uruhare mu gutuma umushinga wa Biogaz mu gihugu utagenda uko wari watekerejwe, basaba ko uwateje igihombo wese yamenyekana agakurikiranwa akagezwa mu butabera.
Ni nyuma yuko Minisitiri w’Ibikorwa remezo, Dr Nsabimana Ernest yagezaga ibisobanuro mu magambo ku bagize Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite, ku bibazo byagaragaye mu mushinga wa biogaz, aho byagaragaye ko hafi kimwe cya kabiri cy’izubatswe (…)
Mutungirehe Samuel
Ministiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Ndagijimana Uzziel, yatangaje ko ingengo y’imari y’igihugu ya 2021/2022 iziyongeraho miliyari 633, zingana na 16.6%, ikava kuri miliyari 3 807 ikagera kuri miliyari 4 440.06 nkuko umushinga w’itegeko rivuguruye rigena umushinga w’ingengo y’imari ya Leta y’uwo mwaka.
Yabitangaje kuri uyu wa Mbere, tariki ya 7 Gashyantare 2022 imbere y’Inteko rusange y’abadepite asobanura impinduka ziri muri iri tegeko.
Ni umurimo wabaye (…)
Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica
24 February 2026, by Chadadi Habimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.

























