Mu rwego rwo gukomeza kunoza no kwihutisha serivisi z’ubuvuzi, Guverinoma y’u Rwanda yatangiye kugerageza porogaramu (application) ikoresha Ubwenge Buhangano (Artificial Intelligence – AI) izajya ifasha abaganga n’abaforomo gusuzuma abarwayi no gufata ibyemezo byihuse ku miti igomba gutangwa.
Iryo gerageza riri gukorwa binyuze mu mushinga wiswe Horizon 1000, uhuriyemo Guverinoma y’u Rwanda, Bill & Melinda Gates Foundation ndetse na OpenAI. U Rwanda ni rwo rwatoranyijwe nk’igihugu (…)
Umuhango wo gusezera nyakwigendera wabereye mu rugo aho yari atuye ku Kicukiro ahari hateraniye abo mu muryango we n’inshuti bahujwe n’imirimo itandukanye yagiye akora haba mu itangazamakuru, sinema n’ubundi bushabitsi.
Witabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Umunyambanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, Umuyobozi w’Itorero ry’Igihugu, Bamporiki Edouard, na Jacques Nzabonimpa ushinzwe umuco muri RALC. Umurambo we ukigezwa mu rugo havuzwe amasengesho (…)
Toni Morrison, wabaye umugore wa mbere w’umwirabura ufite inkomoko muri Afurika watsindiye igihembo cyitiriwe Nobel mu buvanganzo, yapfuye afite imyaka 88 y’amavuko.
Umuryango we, n’akababaro kenshi, wemeje ko Morrison yapfuye amaze "igihe gito arwaye".
Uyu yanditse ibitabo 11 mbarankuru, yatsindiye icyo gihembo cyitiriwe Nobel mu mwaka wa 1993, igitabo cye cya mbere, ’The Bluest Eye’, akaba yaragitangaje mu mwaka wa 1970. Igitabo cye ’Beloved’ yasohoye mu mwaka wa 1987 cyavugaga ku (…)
Yanditswe na: Imfurayabo Pierre Romeo
Umwana w’umuhungu witwa Ravindran ukomoka mu gihugu cy’ubuhinde, umuganga yamukuyemo amenyo 526 nyuma yuko uyu mwana yari yagaragaje imiterere idasanzwe yariri kugenda ihindagurika ku munwa we kuva ubwo yari afite imyaka itatu.
Ubucukumbuzi bwakozwe n’abaganga bwagaragaje ko aya menyo yakuwe mwitama ry’uyu mwana ryari rimaze kugira ubunini budasanzwe. Umuganga wavuye Ravindran, akaba yavuze ko ubu ari bumwe mu buvuzi bw’ihariye bakoze kuva mu myaka (…)
Yashyizweho na: Imfurayabo Pierre Romeo
Ubushakashatsi bwagaragaje ko kumara umwanya munini kuri telefone zigezweho byongera ibyago byo kugira umubyibuho ukabije.
Abashakashatsi bo muri Colombia baherutse gusohora ibyavuye mu bushakashatsi bakoze ku ngaruka zo kumara umwanya munini kuri telefone, basanga urubyiruko rukoresha telefone nibura amasaha arenze atanu ku munsi rufite ibyago bingana na 43 % byo kwibasirwa n’umubyibuho ukabije.
Umwe mu bakoze ubushakashatsi akanaba umwarimu (…)
Yashyizweho na: Imfurayabo Pierre Romeo
Bamwe bati ibi binini iyo wabyimenyereje nta kindi cyazakuvura, abandi bati ibi binini biba bifite ubukana bwo hejuru cyane n’ibindi binyuranye bivugwa kuri ibi binini
Ibinini bibira (Effervescent or carbon tablets) bikozwe ku buryo igihe cyose bihuye n’amazi bihita bishwanyuka ari nako bigenda bisohora gaz carbonique cyangwa dioxide de carbone (CO2) (iyi gazi iboneka mu byo kunywa byinshi bipfundikiye nka fanta.
Uku gushwanyuka igihe bigeze mu (…)
Yashyizweho na: Imfurayabo Pierre Romeo
Mu gihe bamwe bibaza uburyo isuku yo mu bwogero (Swimming Pool/Piscine) yitabwaho; bagaragaza impungenge z’uko abogeramo bashobora kwanduzanya indwara, Ikigo k’Igihugu gitsura Ubuziranenge (RSB) kiratangaza ko hari amabwiriza yashyizweho hagamijwe kubungabunga ubuzima bw’ababwogeramo kandi ko ku bufatanye n’izindi nzego hakorwa ubugenzuzi harebwa ko yubahirizwa.
Nshimiyimana Claude utuye mu Mujyi wa Kigali akunze kujya mu bwogero, yagize ati: (…)
By Imfurayabo Pierre Romeo
Minisitiri w’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Oly Ilunga yeguye ku mwanya we nyuma yo kwamburwa inshingano zo guhangana n’icyorezo cya Ebola zigashyirwa mu maboko ya Perezida.
Guhera muri Kanama umwaka ushize Ebola imaze guhitana abasaga 1600 mu burasirazuba bwa Congo.
Kuri uyu wa Gatandatu, Perezida Felix Tshisekedi yatangaje ko inshingano zo kugenzura ibikorwa byo guhashya icyo cyorezo zishyizwe mu maboko ye.
Mu butumwa yacishije (…)
By Imfurayabo Pierre Romeo
Abantu bagera kuri 17 basize ubuzima muri iki gitero abandi 30 barakomereka nyuma y’iturika ry’igisasu nukurasana kwabaye mu murwa mukuru w’igihugu cya Somalia-Mogadishu
Nyuma y’iki gitero cyagabwe I Mogadishu, Umutwe w’abarwanyi bagendera ku matwara akomeye ya ki Islam, Al Shabab ukaba wahise wigamba gutegura no kugaba iki gitero.
Iki gisasu cyabanje guturika kikaba cyari giteze mu modoka yo mu bwoko bwa minibisi byakurikiwe no gutabara kw’abashinzwe (…)
Umugore wo muri Leta ya Texas muri Amerika yatawe muri yombi nyuma y’uko umurambo wa nyina bawusanze mu nzu ye y’ibyumba bibiri abanamo n’umukobwa we.
Polisi icyeka ko uyu mukecuru w’imyaka 71, yapfuye yituye hasi mu 2016.
Umukobwa we w’imyaka 47, ashinjwa ko atabashije gufasha nyina igihe ibyo byabaga kuko ngo "yapfuye hashize iminsi" yituye hasi mu buryo butagombaga kumuhitana.
Amagufa y’umurambo w’uyu mukecuru bayasanze hasi mu cyumba muri iyi nzu. Umugore n’umukobwa we bo baryamaga (…)
Abantu bagera kuri 26 baraye bishwe mu gitero cyakozwe kuri hoteri yo mu gace ka Kismayo mu majyepfo ya Somalia.
Muri icyo gitero cy’ubwiyahuzi, imodoka yari yuzuye amabombe nibwo yageze kuri hoteli yitwa Asasey mu karere ka Kismayo ihita iturika. Insoresore zari zitwaje intwaro zikaba zahise zinjira muri iyo hoteli.
Mu bishwe hakaba harimwo umunyamakuru w’umunya Canada ufite inkomoko muri icyo gihugu cya Somalia, Hodan Naleyah, n’umugabo wiwe, hamwe n’abandi banyamahanga.
Umutwe wa (…)
Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica
24 February 2026, by Chadadi Habimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.

























