Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasabye ibihugu bitandukanye gufasha kurinda inzira y’ingenzi y’amato ya peteroli izwi nka Strait of Hormuz mu gihe amakimbirane akomeje hagati ya Iran, Israel ndetse na USA. Iyi nzira kandi inyuramo hafi 20% by’amavuta n’ingufu bikoreshwa ku isi, bigatuma iba ingenzi cyane mu bucuruzi mpuzamahanga.
Trump yavuze ko Amerika yamaze kuvugana n’ibihugu birindwi hagamijwe gushyiraho ubufatanye bwo kurinda amato no kongera gufungura iyi (…)
Ntibisanzwe, ubundi byajyaga byumvikana ngo umukobwa cyangwa Umusore yiyahuye nyuma yuko umwe muri bo yanze mugenzi we akananirwa kubyihanganira, ariko mu karere ka Ngororero humvikanye Umusore n’umukobwa bahisemo kwiyahura bazirikanye amaboko nyuma yo guterana inda.
Mbitsemunda Jean Baptiste w’imyaka 25 na Mukarukundo Sandrine w’imyaka 20 biyahuriye mu mugezi wa Nyabarongo, bazirikanyije amaboko.
Igihe dukesha iyi nkuru cyanditse ko Mbitsemunda akomoka mu Murenge wa Bwira naho umukobwa (…)
Mutungirehe Samuel
Ababyeyi bo mu karere ka Kicukiro bafite abana barererwa mu rugo mbonezamikurire rw’Isibo y’Icyerekezo mu Ishuri ribanza rya Rwabutenge batangaje ko bashimye uburyo kujyana abana muri iryo Rerero mbonezamikurire byazamuye mikurire y’abana babo ubu bakaba baharanira ko nta mwana uzongera kugaragarwaho n’ikibazo cy’imirire mini bitewe n’inyigisho bahakura n’uko bazishyira mu bikorwa.
Babitangaje kuri uyu wa Gatatu, ubwo muri iryo Rerero rya Rwabutenge rikorere mu Ishuri (…)
Minisiteri w’Ubutegetsi bw’igihugu yanzuye ko bitewe n’ ubwandu bw’icyorezo cya COVID-19 bukomeje kwiyongera mu Karere ka Rubavu, hafashwe icyemezo cyo kugashyira muri gahunda ya Guma mu Karere.
Iki ni icyemezo utashidikanya Gusanisha n’ingaruka zakurikiye iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo cyakuye mu byabo imiryango y’abanyekongo irenga ibihumbi y’Abakongomani bahungira mu Rwanda, benshi batazi n’uko bahagaze ku bwandu bwa Coronavirus.
Mu itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri (…)
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Joe Biden agiye guhura na mugenzi we w’Uburusiya Vladimir Putin aganire ku ngingo zerekeza ku mubano w’ibihugu byombi isigaye ugaragaramo agatotsi ko kwishishanya nk’ibihugu by’ibihangange.
Iyi nama ya mbere hagati y’Amerika n’Uburusiya yo ku butegetsi bwa Biden irabera i Genève (Geneva) mu Busuwisi kuri uyu wa gatandatu tariki ya 16 Kamena.
Ibaye mu mpera y’uruzinduko Biden yagiriye mu Bwongereza mu nama y’itsinda ry’ibihugu rizwi nka G7 ndetse (…)
Mutungirehe Samuel
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare,NISR, cyatangaje ko ubukungu bw’igihugu bwazamutse mu gihembwe cya mbere cy’uyu mwaka, (Mutarama-Werurwe 2021), umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutseho 3.5%, ukagera kuri miliyari 2.579 Frw uvuye kuri miliyari 2.410 Frw mu gihembwe nk’icyo cy’umwaka ushize.
Urwego rwa serivise nirwo rwagize uruhare runini rungana na 46%, rukurikirwa n’urwego rw’ubuhinzi rwagize 27%, urw’inganda rugira 20% mu gihe izindi nzego zagabanye uruhare (…)
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Busingye Johnston yatangaje ko mu Rwanda higeze kubaho icyo yita nk’ "Ishyamba" ryari hagati ya Leta na Sosiyete Sivile ku bijyanye no gutanga raporo ku buryo bwo kugenzurana no kugirana inama mu bihugu bigize Loni , bubifasha kumenya aho ibihugu bihagaze mu kubahiriza amahame y’uburenganzira bwa muntu n’icyo bigomba gukora.
Yabitangaje kuri uyu wa mbere, tariki 14 Kamena 2021 mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru barimo kungurwa (…)
Kuri uyu wa 15 Kamena 2021 nibwo Madamu Iryamugwiza Yvonne Idamange uregwa ibyaha birimo guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda, gutesha agaciro inzibutso za Jenoside hashyinguye imibiri yabazize Jenoside yakorewe abatutsi 1994 n’ibindi yari kuburana.
Amakuru ava ku rukiko aravuga ko Mme Idamange yanze kwinjira mu cyumba cy’iburanisha cya Gereza ya Mageragere afunguyemo ngo aburanire ku ikoranabuhanga (Video Conference), ni mu gihe ariko abunganira Idamange bandikiye Urukiko (…)
Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano, kasabye amatora aciye mu mucyo muri Mali ariko kihanangiriza abaherutse guhirika ubutegetsi kutazayagaragaramo.
Biteganyijwe ko amatora muri Mali azaba umwaka utaha. Ni amatora azaba nyuma y’imyaka ibiri y’ihirikwa ry’ubutegetsi rya hato na hato rikozwe n’igisirikare. Mu kwezi gushize nibwo Colonel Assimi Goita yahiritse Perezida wari washyizweho umwaka ushize nabwo nyuma y’irindi hirika ry’ubutegetsi.
Hashize iminsi mike hashyizweho (…)
Abanyeshuri 23,395 biga mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro mu bigo 210 birimo ibya leta n’iby’abikorera batangiye ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye nyuma yo kumara umwana w’impfabusa kubera COVID-19.
Ku rwego rw’Igihugu ibizamini byatangirijwe ku Ishuri rikuru ry’imyuga rya Don Bosco Gatenga riherereye mu karere ka Kicukiro ahahuriye abasoje amasomo mu gukora amazi, plumbing n’abo mu bwubatsi, masonry.
Imibare y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi, NESA, (…)
Kuri iki Cyumweru tariki 13 Kamena 2021, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney yatashye ku mugaragaro Umudugudu wa Cyankinga ugizwe n’inzu 192 zubakiwe abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, abimuwe mu manegeka n’abandi baturage batishoboye bo mirenge yo mu Karere ka Kicukiro.
Uyu mudugudu wubatse mu Murenge wa Masaka, ugizwe n’ibice bitatu birimo icya Gicaca kirimo inzu 70, Cyankongi ifite inzu 120 na Ayabaraya hari inzu 16 ariko zubatse mu buryo bw’inzu umunani (…)
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.




















