Miss Rwanda 2020 NISHIMWE Naomie yamuritse igitabo cye yise"MORE THAN A CROWN" Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 14 Ukuboza 2025 ni ibirori byabereye muri Kigali Convention Center (KCC). Ni ibirori byitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye birimo abegukanye ikamba rya Miss Rwanda mu bihe bitandukanye barimo Miss Mutesi Jolly, MUHETO Divine, IRADUKUNDA Liliane na NIMWIZA Meghan.
Hari Kandi abandi bakobwa bitabiriye Miss Rwanda barimo MUYANGO Claudine, KAYUMBA Darina, UWICYEZA Pamella na (…)
Yanditswe na Imfurayabo Pierre Romeo
Wema Sepetu, umukobwa w’umunyaburanga mu gihugu cya Tanzania yakubiswe bikomeye n’abagizi ba nabi arakomereka bamuziza ko yatwaye umugabo utari uwe akamwigarurira Bikamuviramo kugambanirwa.
Nyampinga wa Tanzania wo muri 2006, Wema Sepetu nyuma yo gutwara umugabo w’abandi mu ibanga, yaratewe mu rugo rwe ariko nyuma haza kuvugwa amakuru ko yakubiswe agakomereka bityo akarembera mu bitaro bya Muhimbili.
Ibi byo gukubitwa no kuremba si ko byagenze kuko (…)
Yanditswe na Imfurayabo Pierre Romeo
Gen. Mubaraka Muganga akaba visi perezida w’ikipe ya APR FC, yabwiye abafana b’iyi kipe ko badakwiye kugira impungenge z’uko hari umukinnyi wa yo waraye ushatse gusinyishwa na Rayon Sports kuko agifite amasezerano kimwe na bagenzi be.
Ku munsi wo ku wakabiri ni bwo ikipe ya Rayon Sports yagerageje gusinyishisha rutahizamu wa APR FC, Byiringiro Lague ariko uyu musore arabangira.
Bivugwa ko iyi kipe yagiye yitwaje miliyoni 10 bazitereka imbere y’uyu (…)
Yanditswe na Imfurayabo Pierre Romeo
Kuva mu ijoro ryacyeye inkuta nyinshi z’imbunga nkoranyambaga zifite ifoto y’umugore uryamye ku gitanda cyo kwa muganga yambaye imyenda y’ibara ry’ubururu yiyegamije uruhinja mu gituza.
Ni ifoto y’icyamamare mu muziki wa Africa y’Iburasirazuba na Africa yose muri rusange, Juliana Kanyomozi, wanahise avuga ko umwana we yiswe Taj. Nta makuru menshi yigeze amenyekana ku gutwita kwa Julliana ari nabyo byateye amatsiko abanyamakuru b’imyidagaduro ba Uganda (…)
By Pierre Romeo Imfurayabo
Marina uhamya ko arambiwe kubaho mu buzima budafite umukunzi yahishuye bimwe mu byo umusore wifuza kumutereta yaba yujuje.
Uyu muhanzikazi yabivuze mu kiganiro yagiranye na kimwe mu binyamakuru bya hano mu Rwanda, ubwo yavugaga ku ndirimbo nshya yitegura gushyira hanze mu minsi iri imbere.
Iyi ndirimbo yayise “Madede”, izaba igaruka ku nkuru y’umuhungu wo mu giturage ufite umukobwa akunda ariko yaratinye kubimubwira kugeza ubwo umukobwa amusabye gutinyuka (…)
‘Label’ ya The Mane yashinzwe na Mupende Ramadhan uzwi ku izina rya Bad Ram, yashyizeho amahirwe adasanzwe ku banyeshuri binjiye mu biruhuko bisoza umwaka wa 2019 n’abanyempano mu muziki yo kubakorera indirimbo ku giciro gito.
‘Label’ ya The Mane ibarizwamo abahanzi batanu, Safi Madiba, Queen Cha, Marina Deborah, Jay Polly na Calvin Mbanda. Mu bihe bitandukanye iyi nzu ireberera inyungu z’abahanzi yateguye ibitaramo bikomeye inakorerwamo indirimbo z’abahanzi batandukanye.
Mu kiganiro (…)
Urukundo rwa Teta Sandra na Weasel wo muri Good Lyfe rugeze aharyoshye! Ubu noneho uyu muhanzi yanditse amagambo aryohereye agaragaza ko yamwihebeye.
Teta Sandra n’uyu musore basigaye bakundana byeruye ndetse ntibatana mu tubari mu Mujyi wa Kampala aho uyu mukobwa asigaye ategura ibirori, bagasohokana bafatanye agatoki ku kandi.
Ku mbuga nkoranyambaga imitoma iba ica ibintu, amafoto barebana akana ko mu jisho, ayo basomana umunwa ku wundi nayo ntajya abura mu yo basangiza ababahozaho (…)
Mu masaha y’umugoroba kuri uyu wa gatatu, Irené Mulindahabi wari watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho icyaha cyo gutangaza amagambo y’urukuzasoni akoresheje uburyo bw’ikoranabuhanga yarekuwe.
Umuvugizi wa RIB, Mbabaza Modeste yabwiye itangazamakuru ko dosiye ya Mulindahabi yagejejwe mu Bushinjacyaha.
Mu kiganiro Umushinjacyaha Mukuru yagiranye n’Umuseke tunakesha iyi nkuru yatangaje ko Ubushinjacyaha bufite uburenganzira bwo gukurikirana umuntu (…)
Umunyana Shanitah yegukanye ikamba rya Miss Supranational Rwanda 2019 mu birori binogeye ijisho byabereye muri Kigali Serena Hotel kuri iki cyumweru tariki 08 Nzeli 2019. Asanzwe afite ikamba ry’Igisonga cya Mbere cya Miss Rwanda 2018; yanaserukiye u Rwanda mu irushanwa rya Miss University 2018.
Ni mu birori byatangiye kuri iki cyumweru tariki 08 Nzeli 2019 bisozwa ku wa Mbere tariki 09 Nzeli 2019 saa saba n’iminota 39’. Umunyana Shanitah yambitswe ikamba na Simbi Sabrina waserukiye u (…)
Harmonize, umwe mu bahanzi bakomeye muri Tanzania yasezeranye kubana akaramata n’umukunzi we ukomoka mu Butaliyani, Sarah Michelotti, mu birori binogeye ijisho.
Aba bombi bakoreye ibirori bikomeye mu Mujyi wa Dar es Salaam muri Tanzania byari byatumiwemo inshuti zabo hafi gusa n’abandi bo mu miryango yabo.
Muri Mata 2019 Harmonize yari yateye ivi asaba uyu mukunzi we ko bazabana ubuziraherezo nyuma y’imyaka itatu yari ishize bakundana uruzira imbereka.
Urukundo rwa Harmonize na Sarah (…)
Abakinnyi bane barimo Mugisha Samuel ukinira Dimension Data yo muri Afurika y’Epfo na Mugisha Moïse wa Skol Fly Cycling Club bazaserukira u Rwanda muri Shampiyona y’Isi y’Amagare izabera muri Bwongereza mu mpera z’uku kwezi.
Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY) ryatangaje ko u Rwanda ruzahagarirwa n’abakinnyi bane muri iyi Shampiyona y’Isi izabera mu Mujyi wa Yorkshire hagati ya tariki ya 22 na 29 Nzeri 2019.
Mugisha Samuel ukinira Dimension Data yo muri Afurika y’Epfo (…)
Umuntu Muremure n’umugufi ku Isi bahuye
22 November 2024
Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica
24 February 2026, by Chadadi Habimana
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.
























